Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamagabe: ‘Yishe’ Umugabo We Amutaba Mu Gikari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamagabe: ‘Yishe’ Umugabo We Amutaba Mu Gikari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 February 2023 11:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugore witwa Martha aravugwaho kwica umugabo we hanyuma umurambo akawutaba mu gikari.

Amakuru twahawe n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Tare aho byabereye avuga ko uriya musaza( yari afite hejuru y’imyaka 50) yatangiye kubura ku Bunani ni ukuvuga taliki 01, Mutarama, 2023.

Umugore ukurikiranyweho biruya bwicanyi we afite imyaka 50 y’amavuko.

Nyakwigendera yitwaga Xavier Habimana akaba yarabanaga n’umugore we Martha mu Mudugudu wa  Biraro, Akagari ka Nkumbure, Umurenge wa Tare mu Karere ka Nyamagabe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tare witwa Callixte Mudahunga yabwiye Taarifa ko nyuma y’uko uriya mugabo akomeje kubura, abantu babazaga umugore we aho yagiye akabasubiza ko yagiye gupagasa za Kigali.

Byaje kuba ikibazo aho abana b’uwo musaza bahamagaye Nyina( ari nawe uvugwaho kwica umugabo we) bamubaza aho Se ari.

Mudahunga avuga ko byaje kugeza aho uwo mugore asanga atakomeza kubihishira, arerura avuga ko ari we wamwishe umurambo akarutaba mu gikari cy’urugo rwabo.

Mudahunga ati: “ Akirangiza kubitangaza yahise abura, ubu ari gushakishwa.”

Icyakora yavuze ko ibivugwa byose ari ugukekeranya kubera ko nta gisubizo cy’ubugenzacyaha kiratangazwa kuri ubu bwicanyi.

Taarifa iracyategereje icyo ubugenzacyaha budutangariza kuri ubu bwicanyi bugiye kumara amezi abiri bubaye.

Amakuru avuga ko ukurikiranyweho buriya bwicanyi yahungiye mu Bugesera cyangwa mu Mujyi wa Kigali akaba ari gushakishwa.

TAGGED:featuredGitifuKwicaNyamagabeUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Yaguze Drones Mu Bushinwa Zo Kwivuna M23
Next Article Ikinyarwanda: Ururimi Rufite Ubuzima, Ruvugwa Na Miliyoni 40
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?