Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Bahawe Moto Biyemeza Kwegera Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamasheke: Bahawe Moto Biyemeza Kwegera Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2023 6:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ba Gitifu  b’utugari 68 bo mu karere ka Nyamasheke babwiye ubuyobozi bw’aka karere bakoreramo ko ubwo bahawe moto, bagiye kurushaho kwegera abaturage.

Bazihawe mu rwego rwo kubunganira mu kuzuza inshingano zabo  zo gukemura ibibazo by’abaturag

Ubuyobozi bw’Akarere bufatanyije n’ubw’Intara y’i Burengerazuba nibwo bwazibahaye.

Umwe muri bo yagize ati: “Twari tubirimo ariko tugiye kurushaho kubikora twegere umuturage bityo umuturage wa Nyamasheke abe intangarugero.”

Avuga ko we na bagenzi be bihaye intego yo kuba ab’imbere mu gukemura ibibazo by’umuturage.

Bashimye Perezida wa Repubulika Paul Kagame wazibageneye, bavuga ko bazagera ikirenge mucye, bagakemura ibibazo by’abaturage.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie yasabye ba gitifu kuzafata neza Moto bahawe kandi koko bakazikoresha mu nyungu z’abaturage.

Ati:“ Zizabafasha gutanga umusaruro  aho bajya hose kandi kuhagera bizajya biborohera.”

Akarere kazabaha amafaranga ya Lisansi…

Meya Mukamasabo yavuze ko Akarere kazabaha amafaranga azabafasha kubona lisansi .

Yabasezeranyije ati: “Tuzakomeza kubaba hafi kugira ngo ziriya moto  zikomeze zitange umusaruro ndetse n’abazikoresha batange umusaruro kurusha uko byari bisanzwe.”

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’i Burengerazuba,Uwambaje Marie Florence, yavuze ko n’abatarazihabwa, bashonje bahishiwe.

Ati: “Dutangiriye hano i Nyamasheke ariko ni gahunda ikomeza no mu tundi turere, Rubavu nayo izakurikiraho, n’utundi turere tugende dukurikirana kugeza igihe iyi gahunda irangiriye. Nyuma y’aho tuzakurikirana imicungirwe yazo”.

Moto bahawe zifite ubwishingizi bw’umwaka kandi bakazajya bahabwa inyongera ku mushahara izajya ibafasha kugura lisansi yo kuzitwara.

Akarere ka Nyamasheke ni kamwe mu turere tw’u Rwanda dufite imisozi ihanamye kandi kakagira n’imirenge migari.

Bituma abayobozi b’utugari badashobora kugera ku baturage batuye ahantu hitaruye.

Gafite imirenge15, utugari 68, n’imidugudu 588. Gafite ubuso bwa 1.174 Km2.

Imibare igaragaza ko gatuwe n’abaturage 471,388.

TAGGED:AbaturagefeaturedGitifuMotoMukamasaboNyamashekeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Depite Rwigamba Yasezeweho Na Bagenzi Be
Next Article Muhanga: Umugore ‘Wibye Moto’ Ari Gushakishwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Rusizi: Abajura Binjira Mu Bitaro Bakiba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?