Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Bahawe Moto Biyemeza Kwegera Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamasheke: Bahawe Moto Biyemeza Kwegera Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2023 6:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ba Gitifu  b’utugari 68 bo mu karere ka Nyamasheke babwiye ubuyobozi bw’aka karere bakoreramo ko ubwo bahawe moto, bagiye kurushaho kwegera abaturage.

Bazihawe mu rwego rwo kubunganira mu kuzuza inshingano zabo  zo gukemura ibibazo by’abaturag

Ubuyobozi bw’Akarere bufatanyije n’ubw’Intara y’i Burengerazuba nibwo bwazibahaye.

Umwe muri bo yagize ati: “Twari tubirimo ariko tugiye kurushaho kubikora twegere umuturage bityo umuturage wa Nyamasheke abe intangarugero.”

Avuga ko we na bagenzi be bihaye intego yo kuba ab’imbere mu gukemura ibibazo by’umuturage.

Bashimye Perezida wa Repubulika Paul Kagame wazibageneye, bavuga ko bazagera ikirenge mucye, bagakemura ibibazo by’abaturage.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Appolonie yasabye ba gitifu kuzafata neza Moto bahawe kandi koko bakazikoresha mu nyungu z’abaturage.

Ati:“ Zizabafasha gutanga umusaruro  aho bajya hose kandi kuhagera bizajya biborohera.”

Akarere kazabaha amafaranga ya Lisansi…

Meya Mukamasabo yavuze ko Akarere kazabaha amafaranga azabafasha kubona lisansi .

Yabasezeranyije ati: “Tuzakomeza kubaba hafi kugira ngo ziriya moto  zikomeze zitange umusaruro ndetse n’abazikoresha batange umusaruro kurusha uko byari bisanzwe.”

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’i Burengerazuba,Uwambaje Marie Florence, yavuze ko n’abatarazihabwa, bashonje bahishiwe.

Ati: “Dutangiriye hano i Nyamasheke ariko ni gahunda ikomeza no mu tundi turere, Rubavu nayo izakurikiraho, n’utundi turere tugende dukurikirana kugeza igihe iyi gahunda irangiriye. Nyuma y’aho tuzakurikirana imicungirwe yazo”.

Moto bahawe zifite ubwishingizi bw’umwaka kandi bakazajya bahabwa inyongera ku mushahara izajya ibafasha kugura lisansi yo kuzitwara.

Akarere ka Nyamasheke ni kamwe mu turere tw’u Rwanda dufite imisozi ihanamye kandi kakagira n’imirenge migari.

Bituma abayobozi b’utugari badashobora kugera ku baturage batuye ahantu hitaruye.

Gafite imirenge15, utugari 68, n’imidugudu 588. Gafite ubuso bwa 1.174 Km2.

Imibare igaragaza ko gatuwe n’abaturage 471,388.

TAGGED:AbaturagefeaturedGitifuMotoMukamasaboNyamashekeRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Depite Rwigamba Yasezeweho Na Bagenzi Be
Next Article Muhanga: Umugore ‘Wibye Moto’ Ari Gushakishwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?