Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Bamwibye Ayo Yakuye Mu Kugurisha Inka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamasheke: Bamwibye Ayo Yakuye Mu Kugurisha Inka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 September 2023 11:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bamwibye Frw 300,000, basanga barangije kurya 1/2
SHARE

Abaturage baherutse gukorana na Polisi bafata abasore bakekwagaho ubujura bakoreye umuturage bamwambura frw 300,000 yari avuye kugurisha inka nyuma baramukubita bamugira intere.

Ku bw’amahirwe abo bajura barafashwe, umuturage nawe ntiyahasiga ubuzima.

Byabaye taliki 30, Kanama, 2023 ubwo ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Karengera,  Polisi yafataga abasore babiri bafite imyaka 23 y’amavuko na mugenzi wabo w’imyaka 30.

Yabakekagaho gutangirira umuturage mu nzira bakamwambura telefone na Frw 300,000 nyuma yo kumukomeretsa, bakamusiga ari intere.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko kugira ngo abacyekwa bafatwe byaturutse ku makuru yatanzwe n’umuturage wari ugeze aho byabereye.

SP Karekezi ati: “ Tukimara guhabwa amakuru ku wa Gatatu saa mbiri z’ijoro n’umuturage wasanze uwibwe aryamye mu nzira nyuma yo gukomeretswa n’abantu batahise bamenyekana, bakamwambura ibihumbi 300Frw na telephone. Hahise hatangira ibikorwa byo gushakisha abacyekwa, baza gufatwa mu gicuku hafi saa sita z’ijoro, ubwo bari bavuye mu kabari ko mu isanteri y’ubucuruzi ya Mwezi.”

Karekezi avuga ko bariya bantu bakibona abapolisi, umwe muri bo yajugunye telefoni agamije guhisha ibimenyetso ariko ngo byaje kugaragara ko yari iy’uwo bibye.

Abapolisi barabasatse babasangana Frw 114,900 basigaranye ndetse n’ibilo birindwi  by’inyama bari baguze mu mafaranga bari bakoresheje.

Abafashwe biyemereye ko uko ari batatu bibye umuturage amafaranga batari bakamenya umubare wayo, bamutegeye mu nzira mu Mudugudu wa Boli, akagari ka Miko mu Murenge wa Karengera.

Babwiye Polisi ko  mbere yo gutega uriya muntu bari bamaze gukusanya amakuru y’uko avuye kugurisha inka.

Amafaranga bamwambuye bahise bajya ‘kuyanywera’ mu kandi kagari kitaruye akabo.

Ako kagari ni aka Akagari ka Mwezi.

Icyakora ubwo batahaga basanze abapolisi babateze barabafata.

Abafashwe n’ibyo bafatanywe bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Karengera kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha bakurikiranyweho.

Polisi isaba urubyiruko gukoresha amaboko n’ubwenge bwabo bakiteza imbere, bakava mu byo guhora bumva ko bazatungwa n’ibyo abandi baruhiye.

 

Ingingo ya 168 y’Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko kwiba hakoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho bihanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 5 ariko kitarenze imyaka 7 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 ariko atarenze miliyoni 5.

TAGGED:AbajuraAmafarangafeaturedInkaNyamashekePolisiUmurengeUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufaransa Bwatangaje Ko Buzarwana Na Niger Nibiba Ngombwa
Next Article Ngoga Yahaye Perezida Wa Kenya Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?