Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke-Rutsiro: Inkuba Yishe Batatu Barimo Umwana W’Imyaka 16
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamasheke-Rutsiro: Inkuba Yishe Batatu Barimo Umwana W’Imyaka 16

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 September 2023 1:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukobwa w’imyaka 16 mu Karere ka Nyamasheke n’abandi babiri mu Karere ka Rutsiro ku mugoroba tariki 8 Nzeri 2023 baraye bishwe n’inkuba yabakubise mu mvura yaguye muri iki gice.

Iyi nkuru kandi yishe amatungo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihombo, Bigirabagabo Moise avuga ko byabereye mu Kagari ka Kibingo, Umudugudu wa Gituruka.

Uwo mu Murenge wa Gihombo yapfiriye kwa muganga ubwo bari bamujyanye kumuvuza ngo barebe ko yazanzamuka.

Gitifu Bigirabagano yagize ati: “ Inkuba yakubise umukobwa witwa Uwimana Jeanette w’imyaka 16, abaturage bamujyanye ku kigo nderabuzima cya Kibingo ariko aza kwitaba Imana.”

Muri uwo Murenge kandi hari inka ebyiri n’ihene zishwe n’iyo nkuba.

Mu Karere ka Rutsiro, inkuba naho inkuba yakubise abaturage babiri barapfa mu Murenge wa Manihira, mu Kagari ka Muyira, mu Mudugudu wa Mujebeshi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Manihira, Basabose Alex yabwiye Kigali Today y ko abaturage babiri bakubiswe n’inkuba bapfuye undi arakomereka.

Amabwiriza ya Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA), avuga ko mu gihe cy’Umuhindo (Nzeri-Ukuboza) hari ibice bitandukanye by’igihugu bizagira imvura nyinshi ishobora guteza umwuzure, inkangu n’izindi ngaruka.

MINEMA isaba abaturage kuzirika ibisenge by’inzu bigakomera, hakoreshejwe impurumpuru n’imikwege, gufata amazi y’imvura ava ku nzu hagashyirwaho imireko, ibigega n’ubundi buryo kugira ngo ayo mazi akoreshwe.

Isaba abaturage gusibura imiferege ndetse aho itari igacibwa, amazi yose akayoborwa mu nzira zayo zabugenewe.

Abaturage basabwa kandi kwimuka mu manegeka, mu nzu zishaje n’izindi zishyira ubuzima bw’abahatuye mu kaga, kuko ziba zishobora kugwa igihe cyose haguye imvura nyinshi.

Basabwa kugama mu nzu aho kuba munsi y’ibiti, kwirinda kujya mu mazi igihe imvura igwa, kwirinda gutwara ibyuma no kubikoraho ndetse no kwirinda kugenda ku binyabiziga nk’amagare n’amapikipiki mu gihe cy’imvura irimo imirabyo n’inkuba, kwirinda ibintu byose bikoresha umuriro w’amashanyarazi mu gihe cy’imvura irimo inkuba.

Rutsiro: Agace Kari Mu Twa Mbere Twibasirwa N’Inkuba Ku Isi

TAGGED:AbaturagefeaturedInkubaNyamashekeRutsiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mangosuthu Gatsha Buthelezi Yapfuye
Next Article Kazungu ‘Ashobora’ Kuzaburanishirizwa Mu Ruhame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?