Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Umuturage Agiye KWICWA N’Inzara Ubuyobozi Burebera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamasheke: Umuturage Agiye KWICWA N’Inzara Ubuyobozi Burebera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2022 4:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Muduguru wa Nyagacaca, Akagari ka Muhororo mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke haravugwa amakuru y’umugabo bigaragara ko akuze ariko ugiye kwicwa n’inzara kandi abayobozi n’abaturanyi be babizi.

Uyu mugabo yitwa Nasson Bagirishya.

Yabwiye itangazamakuru ko iyo agize amahirwe( nayo adakunze kuboneka kenshi), abona icyo kurya gito kandi nabwo rimwe ku munsi.

Yabwiye bagenzi bacu bo kuri Realrwanda.com ko hagize uwasoma ibye akumva yagira umutima wo gutabara, yamufasha kugira ngo atazashiramo umwuka azize kubura icyo arya kandi hari Abanyarwanda basangiye igihugu kandi bafite umutima wo gufasha.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Arifuza uwamufasha gusunika iminsi kuko ngo ubuzima bwe buri mu marembera.

Abaturanyi be barimo uwitwa Marcel Higiro bavuga ko Bagirishya ari mu buzima bubi kuko yibana mu nzu wenyine.

Ati: “ Twibaza uko ikibazo cya Nasson cyakemuka bikatuyobera, natwe ubwacu nta bushobozi twabona bwo kumwitaho.Tugasaba inzego za Leta iza matorero ko bagoboka uyu mugabo dore ko bavuga ko Imana yigaragariza muri bene bariya badafite kivugira.”

Atuye mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke

Afite impungenge ko uriya mugabo ashobora kuziyahura kubera ko ubuzima bwamubihiye.

Undi witwa  Marguerite Uzabakiriho nawe aturanye na Nasson.

- Advertisement -

Asaba abantu bakunda Imana ko bagombye gufasha uriya musaza kuko nawe ari ikiremwa cy’Imana.

Ati: “ Gusenga kwa mbere ari ugufasha abatishoboye, indembe n’abari mu bibazo bikomeye.”

Avuga ko iyo Bagirishya abonye umwumbati munini, ari wo ashunaho kugira ngo igifu kidasya ubusa.

Bagenzi bacu banditse iyi nkuru bavuga ko babajije Umukuru w’Umudugudu wa Nyagacaca icyo bateganyiriza uriya mugabo avuga ko ntacyo yavuga atabiherewe uburenganzira na Gitifu w’Akagari.

Ngo na Gitifu bamuhamagaye yumvise ko ari abanyamakuru ahita akupa.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Madamu Mukamasabo Appolonie ntiyitabye telefoni ya bagenzi bacu ndetse n’ubutumwa bugufi bamwoherereje ntiyabusubije.

TAGGED:featuredInzaraKirimbiNyamashekeUmuturageUmuturage Kilimbi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abadepite B’Amerika Bongeye Kurakaza u Bushinwa Basura Taiwan
Next Article Rwanda: Bize Bavunika Barangije Amasomo Basanga Imyanya Y’Akazi Yaruzuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?