Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Bakubise Abajura Bane Umwe Arapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Bakubise Abajura Bane Umwe Arapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 October 2023 1:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Buhaza, Akagari ka Gati mu Murenge wa Muyira muri Nyanza haravugwa inkuru y’abantu bane bafashwe n’abaturage bakabakubita babita abajura umwe akahasiga ubuzima.

Byabaye mu gicuku cyo kuri iki Cyumweru gishyira kuri uyu wa Mbere ubwo abantu bane bakekwaho kuba abajura bateye urugo rwa Théoneste Murwanashyaka w’imyaka 40, bagacukura inzu ye bashaka kumwiba ihene n’inkoko.

Ibyago byabo ni uko nyirurugo yari atarasinzira, abumvise avuza induru abaturanyi baratabara barabafata.

Mu kubafata habayeho kurwana, biza gutuma umwe muri abo bibaga arakubitwa arapfa undi witwa Ngarukiyintwari arafatwa.

Ibyangombwa bye byerekanye ko akomoka mu Murenge wa Kigoma, naho hakaba ari mu Karere ka Nyanza.

Uwapfuye yitwa Niyomugabo.

Nyiri urugo yabumvise avuza induru atabarwa n’abaturage, barwana na bo umwe mu bajura witwa Niyomugabo arakubitwa ahita apfa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyira witwa Muhoza Alphonse yabwiye UMUSEKE ko umwe mu bafashwe yababwiye ko bari abantu bane, ariko babiri bariruka barabacika.

Muhoza ati “Umwe yakubiswe bimuviramo gupfa.”

Ubwo nyiri inzu yatabazaga, yagiye gusohoka asanga abajura bamukingiraniye imbere, ariko atabarwa n’abaturage benshi ari nabo bakubise abo bantu, umwe akahasiga ubuzima.

Uwakomeretse yajyanywe ku bitaro bya  Nyanza ngo avurwe, naho umurambo w’uwapfuye wo watinze kuvanwa aho yiciwe.

Ikindi ni uko uwo wapfuye hataramenyakana imyirondoro ye y’ukuri kandi ngo abo bajura bateshejwe bamaze gusohokora inkoko aho zari ziziritse ngo bazijyane.

Ubuyobozi bw’umurenge busaba abaturage kwicungira umutekano batangira amakuru ku gihe ariko bakirinda kwihanira kuko bitemewe mu mategeko y’u Rwanda.

TAGGED:AbajurafeaturedIheneInkokoNyanzaUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Urubyiruko Rw’U Rwanda Rutiyumvamo Ubunyarwanda
Next Article U Rwanda N’Ubushinwa Baganiriye Uko Ubufatanye Mu Bya Gisirikare Bwakomezwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?