Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Ibendera Ryari Ku Kagari Ryibwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Ibendera Ryari Ku Kagari Ryibwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2024 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Kagari ka Nyamure  mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza( ni ahitwa mu Mayaga) bashobewe nyuma kubazwa iby’ibendera ry’igihugu ryari rimanitswe ku Biro by’aka Kagari ryibwe.

Kugeza mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu nta muntu wari wamenye aho iki kirango cy’igihugu giherereye.

Abaturage, inzego z’ubuyobozi, inzego z’umutekano bose  bamaze iminsi itatu barishakishiriza henshi ariko riranga rirabura.

Iri bendera ryabaga ku Biro by’Akagari ka Nyamure mu Murenge wa Muyira

Kuva iby’uko iryo bendera ryabuze byamenyekana, buri munsi ku Kagari haba hari inama n’abaturage ngo uwagira amakuru uko yaba angana kose ku ibura ry’iri bendera abe yayasangiza abandi rishakishwe.

Abahaturiye babwiye itangazamakuru ko bazindutse kare mu cyare batungurwa n’amakuru y’uko ibendera ritakiri ku Kagari!

Ikindi ni uko ubuyobozi bw’aka Kagari bwamenyeshejwe ko iryo bendera ryibwe mu ijoro saa tanu bubibwiwe n’irondo ry’umwuga rikorera muri ako gace.

Mu gukusanya amakuru, abaturage bakomoza ku ngingo y’uko abibwe iryo bendera ari abo mu Mudugudu wa Kanyundo wo muri ako Kagari ka Nyamure.

Abo baturage bavuga ko gukeka ko iri bendera ryibiwe muri uwo Mudugudu babishingira ku ngingo y’uko abayobozi bawo batumvikana.

Abaturage bari kuganira n’ubuyobozi

Umukuru wawo ntiyumvikana  n’ushinzwe  umutekano bityo bikaba bishoboka ko hari umwe muri bo waba waburishije iryo bendera agamije ‘gushyirishamo’ undi.

Hagati aho amakuru atangwa na bagenzi bacu ba UMUSEKE avuga ko bishoboka ko hari umwe mu bo mu irondo ry’umwuga waba wafunzwe.

TAGGED:AbaturageAkagarifeaturedIbenderaIrondoKwibwaNyanzaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubwoba Bw’Igitero Cya Iran Kuri Israel Bukomeje Kwiyongera
Next Article Gaby Kamanzi Avuga ko Imana Izakomeza Kurinda U Rwanda Kuko Irukunda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?