Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Inkuba Yakubise Umuturage Iramuhusha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Inkuba Yakubise Umuturage Iramuhusha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2023 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Rebero, Akagari ka Rebero mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza inkuba iherutse gukubitira umugore iwe iramuhusha ariko itwikwa ibyo yari afite mu nzu. Umuriro w’inkuba waramukomerekeje ariko bidakanganye .

Uwo muturage yitwa Hitabatumye akaba afite imyaka 43 y’amavuko.

Ubuyobozi bwo muri uyu murenge buvuga ko inkuba ijya gukubita uriya muturage ikamupfubya, yamusanze iwe aryamye imukubitana n’ibyo yari afite  mu nzu birakongoka ariko we ashya  mu mugongo no ku kibero.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Busasamana, Egide Bizimana yabwiye UMUSEKE ati: “Uriya muturage yari yugamye mu nzu, inkuba iramukubita iramukomeretsa mu mugongo no ku kibero imusanze aho yari aryamye.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibyahiriye muri iriya nzu ni inzitiramubu, matola, telefoni, imyenda, amashuka, ikiringiti, inkweto n’ibindi.

Uwakubiswe yagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kibinja bamuha imiti.

Amahirwe yo kurokoka inkuba ntahira bose kubera ko muri Gakenke iherutse gukubita abantu bane babiri barimo n’umwana w’imyaka ine bakahasiga ubuzima.

Gakenke: Inkuba Yishe Umugabo N’Umwana

 

- Advertisement -

Si Gakenke gusa inkuba yakoze hasi, ahubwo no mu Karere ka Rusizi yahitanye umukecuru n’umukobwa we bari baturutse  mu Karere ka Nyamasheke, batashye ubukwe i Rusizi.

Yabishe bataragera aho bwabereye.

Byabaye  saa munani z’igicamunsi (14h00) kuri uyu wa Kane, tariki 16 Werurwe, 2023 mu Mudugudu wa Rweya, Akagari ka Kamanyenga, Umurenge wa Nkanka  ari naho bari batashye ubukwe.

Inkuba yica benshi…

Raporo itangwa na Minisiteri y’ubutabazi no kurwanya ibiza ivuga ko inkuba iri mu byago bihitana Abanyarwanda benshi buri mwaka.

Akarere ka Rutsiro niko kibasirwa n’inkuba kurusha utundi mu Rwanda kagakurikirwa n’Akarere ka Karongi.

Mu myaka itanu ishize, inkuba zishe abantu 273 mu Rwanda hose, zikomeretsa abaturage 882.

Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi igira abantu inama y’uko ko mu gihe imvura iguye baba bagomba kugama, ariko bakirinda  kujya hafi y’iminara miremire cyangwa munsi y’ibiti.

Bagomba kwirinda kandi  kwitwikira umutaka ufite agasongero k’icyuma ndetse ntibakoreshe ibyuma by’ikoranabunga nka telefone, radio, televiziyo… mu gihe hari kugwa imvura irimo inkuba.

TAGGED:featuredInkubaKarongiNyanzaRutsiroUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubukungu Bw’u Rwanda Burazamuka, Ibyo Umunyarwanda Arya Bikagabanuka
Next Article Umuyobozi Mukuru Mu Bwongereza Ategerejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?