Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Inkuba Yakubise Umuturage Iramuhusha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Inkuba Yakubise Umuturage Iramuhusha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2023 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Rebero, Akagari ka Rebero mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza inkuba iherutse gukubitira umugore iwe iramuhusha ariko itwikwa ibyo yari afite mu nzu. Umuriro w’inkuba waramukomerekeje ariko bidakanganye .

Uwo muturage yitwa Hitabatumye akaba afite imyaka 43 y’amavuko.

Ubuyobozi bwo muri uyu murenge buvuga ko inkuba ijya gukubita uriya muturage ikamupfubya, yamusanze iwe aryamye imukubitana n’ibyo yari afite  mu nzu birakongoka ariko we ashya  mu mugongo no ku kibero.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Busasamana, Egide Bizimana yabwiye UMUSEKE ati: “Uriya muturage yari yugamye mu nzu, inkuba iramukubita iramukomeretsa mu mugongo no ku kibero imusanze aho yari aryamye.”

Ibyahiriye muri iriya nzu ni inzitiramubu, matola, telefoni, imyenda, amashuka, ikiringiti, inkweto n’ibindi.

Uwakubiswe yagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kibinja bamuha imiti.

Amahirwe yo kurokoka inkuba ntahira bose kubera ko muri Gakenke iherutse gukubita abantu bane babiri barimo n’umwana w’imyaka ine bakahasiga ubuzima.

Gakenke: Inkuba Yishe Umugabo N’Umwana

 

Si Gakenke gusa inkuba yakoze hasi, ahubwo no mu Karere ka Rusizi yahitanye umukecuru n’umukobwa we bari baturutse  mu Karere ka Nyamasheke, batashye ubukwe i Rusizi.

Yabishe bataragera aho bwabereye.

Byabaye  saa munani z’igicamunsi (14h00) kuri uyu wa Kane, tariki 16 Werurwe, 2023 mu Mudugudu wa Rweya, Akagari ka Kamanyenga, Umurenge wa Nkanka  ari naho bari batashye ubukwe.

Inkuba yica benshi…

Raporo itangwa na Minisiteri y’ubutabazi no kurwanya ibiza ivuga ko inkuba iri mu byago bihitana Abanyarwanda benshi buri mwaka.

Akarere ka Rutsiro niko kibasirwa n’inkuba kurusha utundi mu Rwanda kagakurikirwa n’Akarere ka Karongi.

Mu myaka itanu ishize, inkuba zishe abantu 273 mu Rwanda hose, zikomeretsa abaturage 882.

Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi igira abantu inama y’uko ko mu gihe imvura iguye baba bagomba kugama, ariko bakirinda  kujya hafi y’iminara miremire cyangwa munsi y’ibiti.

Bagomba kwirinda kandi  kwitwikira umutaka ufite agasongero k’icyuma ndetse ntibakoreshe ibyuma by’ikoranabunga nka telefone, radio, televiziyo… mu gihe hari kugwa imvura irimo inkuba.

TAGGED:featuredInkubaKarongiNyanzaRutsiroUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubukungu Bw’u Rwanda Burazamuka, Ibyo Umunyarwanda Arya Bikagabanuka
Next Article Umuyobozi Mukuru Mu Bwongereza Ategerejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?