Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: RIB Yafashe Uwo Ikekaho Kwicira Umuntu Muri Karongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyanza: RIB Yafashe Uwo Ikekaho Kwicira Umuntu Muri Karongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2024 6:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Nyanza hafatiwe umugabo w’imyaka 38 y’amavuko wari umaze hafi amezi ane avuye mu Karere ka Karongi aho bivugwa ko yiciye umuntu, icyo cyaha akaba avugwaho kugikorera mu Murenge wa Murundi.

Ubuyobozi bwo mu Murenge wa Busoro aho yafatiwe, buvuga ko yishe umugabo wiwa Gérald Usabyuwera wabaga mu  Mudugudu wa Ruhungamiyaga, Akagari ka Kareba mu Murenge wa Murundi muri Karongi.

Ni icyaha bivugwa ko yakoze muri Werurwe uyu mwaka ahita atorokera muri Nyanza, mu Mudugudu wa Bweramana, Akagari ka Masangano mu Murenge wa Busoro.

Undi bivugwa ko bafatanyije ubwo bwicanyi akaza gufatwa ni Jean Marie Vianney, ubu ufungiye i Karongi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busoro, Jean Baptiste Habineza, yahamirije bagenzi bacu ba UMUSEKE ifatwa ry’uwo mugabo.

Yagize ati: “Yari amaze igihe ashakishwa none yarafashwe  biturutse ku makuru yatanzwe n’uwo bafatanyije gukora icyaha ufungiye i Karongi”.

Ubuyobozi bwo mu Kagari bivugwa ko ukekwa yakoreyemo icyaha buvuga ko uwishwe yishwe atezwe igico mu gicuku saa munani.

Gitifu Evariste wo muri aka Kagari avuga ko abaturage bamubwiye ko bagiye kumva bumva umuntu aratatse.

Ati: “Ntitwamenye aho yaturutse gusa bajya kumwica nyakwigendera yaratatse cyane avuga ko bamwishe, abantu baratabaye basanga  abamwishe birutse bagiye”.

Amakuru avuga ko bikekwa  ko abamwishe bari babanje kunoza uwo mugambi bagiranye n’umuntu bivugwa ko nyakwigendera yari afitanye nawe urubanza mu rukiko.

Nyakwigendera  uyu yari afite imyaka 32 y’amavuko.

Uwafatiwe i Nyanza yahise ajyanwa kuba afungiwe kuri station ya RIB yo ku Murenge wa  Busasamana, akazajyanwa i Karongi mbere y’uko agezwa mu rukiko rw’aho icyaha cyakorewe ni ukuvuga muri aka Karere.

TAGGED:KarongiNyanzaUbwicanyiUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yibukije Urubyiruko Ko Ari Rwo Rushinzwe Kugira u Rwanda Ikirenga
Next Article Rwanda: Abana Batsinzwe Mu Mashuri Abanza Bashyiriweho Amahugurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?