Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 August 2025 11:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza haravugwa umugore wafunzwe na Polisi imukurikiranyeho kwica umugabo we.

Bikekwa ko nyakwigendera yasanze umugore we ari kumwe n’undi mugabo i saa munani z’ijoro bagatangira kurwana.

Bukeye bw’aho haje kuboneka umurambo w’uwo mugabo, ubwo bushyamirane buza kuvamo urwo rupfu.

Icyakora biracyakorwaho iperereza.

Ubwo bwicanyi bwabereye mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Ntyazo mu Kagari ka Katarara mu Mudugudu wa Nkombe.

Uwo ni uw’umugabo witwa murambo w’umugabo witwa Ndayishimiye Elie w’imyaka 25 bikekwa ko yishwe n’umugore we witwa Florence w’imyaka 21 ukomoka mu Mudugudu wa Kabuga, mu Kagari ka Kabumbwe mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara.

Bari bamaranye hafi inyaka ibiri kuko babanye guhera mu Ugushyingo, 2023.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Amajyepfo CIP Kamanzi Hassan ati: “Ku makuru twahawe bari basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye kugucana inyuma”.

Bikekwa ko intandaro y’uru rupfu yaturutse ku makimbirane.

Nyakwigendera yasanze umugore we ari kumwe n’umusore witwa Ndayisenga w’imyaka 21 ahagana i saa munani z’ijoro, nyuma umugabo ngo amuturuka inyuma aramukubita, batangira kurwana.

Nyuma ukekwa yagiye gukomangira umuturanyi we amubwira ko arwanye n’umugabo we ngo amuherekeze bajyane kwa mutekano kumurega, undi aramubwira ngo nareke bazajye yo mu gitondo.

Uwo mugore yahise yigendera hashize akanya aragaruka amubwira ko umugabo we aryamye mu muhanda, maze uwo muturanyi bituma ajya kureba asanga koko ari ho aryamye bigaragara ko yapfuye ahita ahamagara abaturanyi na bene wabo.

Umugore yahise acikira iwabo mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara inzego z’umutekano zijya kumufata, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Ntyazo.

Polisi isaba abaturage kwirinda amakimbirane kandi n’abayagiranye ntibakwiye kujya barwana ahubwo bazajya bagana abayobozi bakabunga.

TAGGED:featuredNyanzaUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga
Next Article Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Burundi: Umugore Yagizwe Minisitiri W’Ingabo

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?