Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Basanze Mwarimukazi Wabo Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyarugenge: Basanze Mwarimukazi Wabo Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2023 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Kamuhoza, Umurenge wa Kimisagara haravugwa urupfu rw’umwarimukazi abanyeshuri be basanze yapfuye. Yari afite imyaka 61 y’amavuko, umurambo we ukaba waragaragaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa tatu.

Ubuyobozi bw’ibanze mu gace uriya murambo wagaragayemo, bwemeje iby’urupfu rwe.

N’ubwo iperereza kucyateye urupfu rwe rigikomeje, harakekwa ‘uwo yari abereye Mukase.’

Kugira ngo amakuru amenyekane byatewe n’uko abana yigishaga babonye ataje kwigisha kandi asanzwe atahana imfunguzo, bajya kumureba iwe.

Barahageze basanga hakinze, bakinguye urugi babona yapfuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimisagara, Kalisa Jean Sauveur yagize ati: “Umwarimukazi yitabye Imana ariko  inzego z’iperereza zahageze, umurambo wajyanywe ngo bajye gupima icyo yazize.”

Amakuru avuga ko umwana umwe muri batatu yareraga yasigiwe n’umugabo waje kumuta yatawe muri yombi. Nyakwigendera yari amubereye mukase.

Inzego z’ibanze hirya no hino mu Rwanda zisaba abaturage kwirinda amakimbirane ayo ari yo yose kandi icyo bumva ko gikomeye batemeranyaho bakegera ubuyobozi bukabunga.

Iyo babyiheranye biviramo bamwe inzika n’umugambi wo kuzica uwo[abo] batumvikana.

Imwe mu ngingo zikunze gutera amakimbirane aganisha k’ugukubita, gukomeretsa no kwica aba ashingiye ku mitungo y’abashakanye cyangwa ku mirange n’izungura.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Mireille Batamuriza aherutse kubwira itangazamakuru ko hari kunonosorwa itegeko rishya ryitwa ‘itegeko ry’abantu n’umuryango’.

Rizaba risobanura neza uko abagize umuryango bagomba kubana, uko bakungwa ndetse n’uko bahanwa hashyingiwe ku ngingo zirikubiyemo.

Mbere Yo Gusezerana Kuvanga Umutungo Ni Ngombwa Kwitonda-MIGEPROF

TAGGED:AbanyeshuriAmakimbiraneBatamurizafeaturedItegekoMwarimukaziNyarugengeUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri Biruta Yakiriye Mugenzi We Wa Jordan
Next Article Umugaba W’Ingabo Za DRC Ati: ‘ Intambara N’u Rwanda Tuzayitsinda’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?