Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Bibye Umugiraneza Amafaranga Yari Agiye Kwishyurira Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyarugenge: Bibye Umugiraneza Amafaranga Yari Agiye Kwishyurira Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2023 2:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasore babiri baherutse gutabwa muri yombi na Polisi ifatanyije n’urwego rw’ubugenzacyaha nyuma y’umunsi umwe bibye Frw 4,110,000 umugiraneza w’umunyamahanga yari yabikuje ngo yishyurire abana amafaranga y’ishuri.

Uyu mugiraneza yavuze ko ariya mafaranga yari ayasize mu modoka gato, agarutse asanga bafunguye urugi barayatwara.

Umwe mu bana bari bari kumwe yamubwiye ko ibyiza ari uguhita bajya gutanga ikirego kandi yizeye ko ayo mafaranga azagaruzwa, undi yarabikoze.

Bucyeye bw’aho, uwo mubyeyi yaje guhamagarwa n’umukozi wo mu rwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, amubwira ko amufitiye amakuru meza.

Ati: “ Yambwiye ko abantu banyibye babafashe, ko ngomba kuzaza gufata amafaranga yanjye yose kuko bari bayagaruje.”

Ashima Polisi y’u Rwanda n’abagenzacyaha ubunyamwuga bakoresheje kugira ngo bafate abo basore babiri kandi babafatane amafaranga yose bari bamwibye.

Yasinyiye ko yakiriye aya mafaranga

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Dr. Thierry B.Murangira yabwiye itangazamakuru ko abafashwe bari basanzwe bafite amadosiye ku byaha bigeze gukora.

Umwe muri bo yagororewe ahitwa Iwawa ndetse ngo hari n’uwigeze gufungwa imyaka ibiri nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ubujura.

Dr. Murangira yavuze ko abakora ubujura bagomba kubireka kuko nta hantu kure akaboko k’amategeko katagera.

Ubutumwa bwa Polisi ku bajura burihariye…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera yongeye kubwira abajura aho bari hose mu Rwanda ko akabo ubu kashobotse.

CP Kabera avuga ko umuntu wese ufite umutima wo kwiba iby’abandi ashatse yasubiza amerwe mu isaho.

Ati: “…Polisi iraburira insoresore zo ku giti cy’inyoni zipakurura imodoka iri kugenda, iraburira insoresore zo ku Gisozi zanura imyenda n’inkweto by’abaturage, insoresore zo muri Gatsata zambura abantu telefini n’amasakoshi, insoresore z’i Gikondo SEJEMU, abisiye aba marine… ko nta mwanya bafite muri sosiyete nyarwanda.”

CP Kabera avuga abasore badakwiye kuzinduka bifashe mu mifuka ngo nibwira bajye gukora mu mifuka y’abantu biriwe biyuha akuya ngo bagire icyo batahana.

Umuvugizi wa Polisi avuga ko abajura bazakomeza gufatwa, ariko nanone agasaba abaturage kujya bihutira gutanga amakuru kugira ngo habeho kubakurikirana hakiri hare.

Avuga ko iyo Polisi ibonye amakuru ihita yihutira gushaka no gufata abavugwaho ubwo bujura.

Ikindi ni uko abantu bagombye kujya bagira amakenga bakirinda guha abajura icyuho, ahubwo bakaba amaso.

Abantu basabwa no kujya bagira amakenga bakirinda guha icyuho umuntu runaka, bagakinga neza bakareba ko nta nzira iyo ari yo yose yaha igisambo uburyo bworoshye bwo kwiba.

TAGGED:AbajuraAmafarangafeaturedKaberaPolisiRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burera: Abagore Babiri Bafatanywe Magendu
Next Article Muri Sudani Intambara Yubuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?