Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Ukekwaho Kwiba No Gucuruza Ibyuma By’Amashanyarazi Yafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyarugenge: Ukekwaho Kwiba No Gucuruza Ibyuma By’Amashanyarazi Yafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 April 2022 5:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yafashe umugabo icyekaho kwiba ibyuma by’amashanyarazi birimo ibyitwa fusibles 26 ivuga ko yibye ahantu hatandukanye mu gihugu. Yamufatiye mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Kigali mu Kagari ka Nyabugogo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera  avuga ko uriya mugabo yafashwe biturutse ku makuru Polisi yahawe n’abaturage bavugaga ko uriya mugabo yamanuraga bimwe mu byuma by’amashanyarazi by’aho asanzwe atuye.

CP Kabera ati: “Polisi yahawe amakuru ko hari abantu biba ibikoresho by’amashanyarazi birimo intsinga n’ibyuma bita fusibles bigatuma amatara yo ku muhanda ataka. Polisi yahise itangira ibikorwa byo kubashakisha, habanza gufatwa abantu babiri.  Bafatanywe ibikoresho bitandukanye bifashishaga mu kwangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi, ubu bamaze gushyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha (RIB).”

Avuga ko bakimara gufatwa bavuze ko biriya bikoresho babikuye ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yaburiye abantu bagura ibikoresho byibwe ko baba bakoze icyaha gihanwa n’amategeko.

CP Kabera yibutsa abaturarwanda kujya bihutira gutanga amakuru mu gihe babonye abangiza ibikorwaremezo.

Yavuze ati: ‘ Polisi ntabwo izarambirwa kurwanya abangiza ibikorwa remezo kuko bidindiza iterambere kandi bikagira ingaruka no ku mutekano w’abaturage, kuko aho byibwe amatara atongera kwaka bityo bikaba byateza ubujura. Turakangurira abaturage kugira uruhare mu kubirinda kandi bakanatanga amakuru igihe babonye abarimo kubyangiza.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera

Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Rwezamenyo kugira ngo hatangire iperereza ryimbitse.

Ingingo ya 182 yo mu Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko “Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

- Advertisement -

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 166 ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:AmashanyarazifeaturedIbyumaKaberaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CANAL+ Rwanda Yafashije Abagore Binyuze Mu Muryango A-BATO
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Zikomeje Gufasha Abaturage Ba Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?