Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Ukekwaho Kwiba No Gucuruza Ibyuma By’Amashanyarazi Yafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyarugenge: Ukekwaho Kwiba No Gucuruza Ibyuma By’Amashanyarazi Yafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 April 2022 5:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yafashe umugabo icyekaho kwiba ibyuma by’amashanyarazi birimo ibyitwa fusibles 26 ivuga ko yibye ahantu hatandukanye mu gihugu. Yamufatiye mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Kigali mu Kagari ka Nyabugogo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera  avuga ko uriya mugabo yafashwe biturutse ku makuru Polisi yahawe n’abaturage bavugaga ko uriya mugabo yamanuraga bimwe mu byuma by’amashanyarazi by’aho asanzwe atuye.

CP Kabera ati: “Polisi yahawe amakuru ko hari abantu biba ibikoresho by’amashanyarazi birimo intsinga n’ibyuma bita fusibles bigatuma amatara yo ku muhanda ataka. Polisi yahise itangira ibikorwa byo kubashakisha, habanza gufatwa abantu babiri.  Bafatanywe ibikoresho bitandukanye bifashishaga mu kwangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi, ubu bamaze gushyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha (RIB).”

Avuga ko bakimara gufatwa bavuze ko biriya bikoresho babikuye ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yaburiye abantu bagura ibikoresho byibwe ko baba bakoze icyaha gihanwa n’amategeko.

CP Kabera yibutsa abaturarwanda kujya bihutira gutanga amakuru mu gihe babonye abangiza ibikorwaremezo.

Yavuze ati: ‘ Polisi ntabwo izarambirwa kurwanya abangiza ibikorwa remezo kuko bidindiza iterambere kandi bikagira ingaruka no ku mutekano w’abaturage, kuko aho byibwe amatara atongera kwaka bityo bikaba byateza ubujura. Turakangurira abaturage kugira uruhare mu kubirinda kandi bakanatanga amakuru igihe babonye abarimo kubyangiza.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera

Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Rwezamenyo kugira ngo hatangire iperereza ryimbitse.

Ingingo ya 182 yo mu Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko “Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 166 ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:AmashanyarazifeaturedIbyumaKaberaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CANAL+ Rwanda Yafashije Abagore Binyuze Mu Muryango A-BATO
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Zikomeje Gufasha Abaturage Ba Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?