Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Yapfiriye Mu Masengesho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyarugenge: Yapfiriye Mu Masengesho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 January 2023 1:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Birama, Akagari ka Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge habonetse umurambo w’uwitwa Bizumungu basanze mu ishyamba rya Mont Kigali.

Abatuye hafi aho babwiye itangazamakuru ko bishoboka ko uriya muntu yanyereye akagusha umutwe ku ibuye ubwo yari yagiye kuhasengera, mu byo bita ‘kujya mu butayu.’

Kuri Mont Kigali hari ahantu hahanamye abaturage bakunze kujya gusengera.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali Chief Inspector of Police( CIP) Sylvestre Twajamahoro yabwiye Taarifa ko ‘bishoboka cyane’ ko uriya muntu yanyereye ubwo yasengeraga hariya hantu.

Ati: “ Ikigaragara ni uko ashobora kuba yanyereye agakubita umutwe ku ibuye mu mukokwe kuko harahanamye cyane.”

CIP Sylvestre Twajamahoro, Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali

Asaba abaturage kwirinda kujya gusengera ahantu hatemewe.

Si ubwa mbere abaturage bajya gusengera ahantu bita ‘mu butayu.’

N’ubwo bahita gutyo, mu Rwanda nta hantu haba ubutayu.

Aho bita mu butayu ni ahantu hiherereye abantu bajya gusengera mu buryo bwihariye kugira ngo baganire n’Imana ntawe ubarogoya.

Bamwe bajya mu buvumo, abandi bakajya mu mpinga z’imisozi.

Abasenga muri ubu buryo babikora bemeranya n’imitima yabo ko Imana ibumva.

Icyakora hari ubwo bahahurira n’ibibazo bishobora no guhitana ubuzima bwabo.

Mu bihe bitandukanye, bamwe bishwe n’imivu yabasanze mu buvumo bagiye kuhasengera, abandi bagwirwa n’inkangu.

Taarifa yahamagaye Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kimisagara witwa Jean Sauveur Kalisa kugira ngo tumenye niba uriya muturage ari uwo mu murenge we ariko ntiyashoboye kwitaba telefoni.

Umurambo bawujyanye kwa muganga mu bitaro bya Polisi biri Kacyiru kigira ngo ukorerwe isuzumwa ryimbitse ku cyamuhitanye.

TAGGED:featuredGusengaKimisagaraNyarugengeUmurambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meddy Mu Ndirimbo Nshya Ashima Imana
Next Article Kirehe: Nyuma Y’Imyaka Itanu Isoko Ryuzuye Ntiriremwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?