Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaruguru: Ku nshuro ya kabiri bitwikiriye ijoro barandura ibishyimbo by’umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyaruguru: Ku nshuro ya kabiri bitwikiriye ijoro barandura ibishyimbo by’umuturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 December 2020 6:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ibi bishyimbo babikatishije najoro bigitangira kuzana imiteja
SHARE

Mu mudugudu wa Kavumu, Akagari ka Rusenge, Umurenge wa Rusenge muri Nyaruguru umuturage witwa Ntirikina Eugene yabyutse asanga abantu bataramenyekana bamuranduriye ibishyimbo.

Umugore we witwa Immaculée Mukarugwiza yabwiye Taarifa  ko ari ubwa kabiri abantu bitwikiriye ijoro bakamurandurira ibishyimbo.

Avuga ko mu kwezi gushize k’Ugushyingo, 2020 bamuranduriye ibishyimbo biteye kuri metero 25 kuri 23.

Yagize ati: “ Ubushize baraje barandura ibishyimbo biteye ku ntambwe 25 kuri 23, turabivuga ariko kugeza ubu baracyakomeje kuduhombya.”

Avuga ko abamwangirije imyaka mu ijoro ryakeye bakase ibishyimbo bye bakoresheje akuma bita najoro.

Yatubwiye ko byari ibishyimbo bitangiye kuzana imiteja.

Immaculée avuga ko abangije ibishyimbo bye batemye n’ibigori biteye mu murima wa musaza we, akavuga ko babikoze mu rwego rwo kujijisha kugira ngo bidakomeza kuvugwa ko ari we wibasiwe.

Amakuru y’uko imyaka ye yangijwe yayamenyeye mu nzira ajya mu kazi ka VUP.

Avuga ko yahise ajya kubibwira Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusenge kugira ngo abimukurikiranire, undi amusezeranya ko ari bubigeze kuri RIB ikabikurikirana.

Umukuru w’Umudugudu wa Kavumu mu Kagari ka Rusenge aho biriya byaraye bibereye witwa Callixte Kabandana avuga ko amakuru ya ruriya rugomo yayamenye mu gitondo ahagana saa moya (7h00am) agahita ajya kureba uko bimeze.

Ubwo twamuhamagaraga yatubwiye ko ari ho kiriya kibazo cyabereye.

Kabandana yatubwiye ko yahageze agasanga abakase biriya bishyimbo babikoranye ubukana, akavuga ko byerekana ko baramutse bafashe nyiri umurima ari we bahitana.

Ati: “ Ni ibintu biteye ubwoba kuko iyo urebye uko bakase biriya bishyimbo ushobora gutekereza uko byagenda bafashe nyiri umurima biteyemo!”

Yatubwiye ko ikibazo bakigejeje ku rwego rw’Ubugenzacyaha kandi ko yizeye ko ruri bubyinjiremo ababikoze bakazafatwa.

Abajijwe icyo bari bufashe uriya muryango nyuma y’uko imyaka yari buzawutunge iranduwe, Callixte Kabandana yavuze ko abatuye umudugudu biyemeje kuzawuremera.

Ingingo ya 187mu gitabo giteganya ibyaha kinatanga ibihango ivuga ko kwangiza cyangwakonona ibiti, imyaka n’ibikoresho by’ubuhinzi n’ubworozi Umuntu wese, ku bw’inabi, wangiza cyangwa wonona, ibiti, imyaka, ibikoresho by’ubuhinzi n’ubworozi n’ibindi bintu y’undi cyangwa bye ariko bifite ingaruka ku bandi, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

 

Mu murenge wa Rusenge, Akagari ka Rusenge niho byaraye bibereye
TAGGED:featuredGitifuMuduguduNyaruguruRusenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bumuntu yaraye ataramiye abantu mu buryo bwa Live idakoresheje ikoranabuhanga
Next Article ‘Ishingiro’ ry’impungenge z’ubwunganizi bwa Nkubiri zizafatwaho umwanzuro ku wa Mbere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?