Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaruguru: Mwarimu asanga kongera 10% ku mushahara w’abarimu bifitiye akamaro bamwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyaruguru: Mwarimu asanga kongera 10% ku mushahara w’abarimu bifitiye akamaro bamwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2020 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro kirambuye Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yaraye agejeje ku bagize Inteko ishinga amategeko, imitwe yombi, yavuze ko kimwe mu bintu Leta igiye guha mwarimu harimo kongera 10% ku mushahara we. Umwarimu umwe wo muri Nyaruguru yabwiye Taarifa ko kiriya cyemezo gifitiye akamaro abarimu bamwe.

Ngirente yabwiye abagize Inteko ishinga amategeko ko ingamba Guverinoma yafashe zigamije gukomeza gukundisha abarimu umwuga wabo kandi n’abandi biga bagaharanira kuzaba abarimu.

Kimwe mu byo yavuze Leta yiyemeje gukora muri uyu mwaka w’ingengo y’imari ni ukongera 10% ku mushahara wa mwarimu kandi ibirarane bafitiwe na Leta bikishyurwa byose.

Dr Ngirente yavuze ko kugeza ubu abarimu bo mu Turere 16 bahawe ibirarane by’imishahara yabo kandi ko n’abatarishyurwa ‘bashonje bahishiwe.’

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yemeza ko abarimu batarahabwa ibirarane byabo bazabihabwa bitarenze mu mpeza z’icyumweru turimo cyatangiye ku wa Mbere taliki 30, Ugushyingo kikazarangira taliki 06, Ukuboza, 2020.

Mwarimu wo muri Nyaruguru avuga ko abo bizagirira akamaro ari abasanzwe bahembwa menshi.

Taarifa yavugishije umwarimu wo mu murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru utashatse ko tumutangaza amazina atubwira ko ibyo Minisitiri Ngirente yavuze ari byiza ariko bizafasha cyane abize inderaburezi, basanzwe bahembwa menshi.

Ati: “ Nka mwarimu nsanga ntacyo bidutwaye kuko bidutera akanyabugabo, ariko nanone twebwe twigisha mu mashuri abanza nta kintu kinini bongereyeho kuko inyongera ya Frw 4000 cyangwa Frw 5000 iba nta kintu kinini ivuze iyo urebye uko ubuzima buhenze muri iki gihe. Bizafasha bariya bize KIE.”

Avuga ko byari bimenyerewe ko abigisha mu mashuri yisumbuye bahembwaga amafaranga menshi ugereranyije n’abigisha mu mashuri abanza, bityo akemeza ko byari bube byiza iyo amafaranga yagenewe abigisha mu mashuri abanza aza kuba menshi kurushaho.

- Advertisement -

Asanga imwe mu mpamvu zituma ibibazo by’abarimu bitinda gukemurwa ari uko ababahagarariye mu turere baba batazi neza ibibazo bya mwarimu.

Avuga ko iyo bagiye mu nama ya REB bagerayo bakaganira nayo ibyerekeye imigambi uturere dufite kugira ngo twese imihigo mu by’uburezi, ariko ntibahingutse ibibazo nyabyo bya mwarimu.

Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredMwarimuNgirenteNyaruguruREBUmushahara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: WASAC yatangije uburyo bwo gushyira abaturage amazi aho batuye
Next Article Twese tuzi ko akarengane na ruswa bidindiza iterambere, tubirwanye- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?