Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaruguru: Mwarimu asanga kongera 10% ku mushahara w’abarimu bifitiye akamaro bamwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyaruguru: Mwarimu asanga kongera 10% ku mushahara w’abarimu bifitiye akamaro bamwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 December 2020 12:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro kirambuye Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yaraye agejeje ku bagize Inteko ishinga amategeko, imitwe yombi, yavuze ko kimwe mu bintu Leta igiye guha mwarimu harimo kongera 10% ku mushahara we. Umwarimu umwe wo muri Nyaruguru yabwiye Taarifa ko kiriya cyemezo gifitiye akamaro abarimu bamwe.

Ngirente yabwiye abagize Inteko ishinga amategeko ko ingamba Guverinoma yafashe zigamije gukomeza gukundisha abarimu umwuga wabo kandi n’abandi biga bagaharanira kuzaba abarimu.

Kimwe mu byo yavuze Leta yiyemeje gukora muri uyu mwaka w’ingengo y’imari ni ukongera 10% ku mushahara wa mwarimu kandi ibirarane bafitiwe na Leta bikishyurwa byose.

Dr Ngirente yavuze ko kugeza ubu abarimu bo mu Turere 16 bahawe ibirarane by’imishahara yabo kandi ko n’abatarishyurwa ‘bashonje bahishiwe.’

Yemeza ko abarimu batarahabwa ibirarane byabo bazabihabwa bitarenze mu mpeza z’icyumweru turimo cyatangiye ku wa Mbere taliki 30, Ugushyingo kikazarangira taliki 06, Ukuboza, 2020.

Mwarimu wo muri Nyaruguru avuga ko abo bizagirira akamaro ari abasanzwe bahembwa menshi.

Taarifa yavugishije umwarimu wo mu murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru utashatse ko tumutangaza amazina atubwira ko ibyo Minisitiri Ngirente yavuze ari byiza ariko bizafasha cyane abize inderaburezi, basanzwe bahembwa menshi.

Ati: “ Nka mwarimu nsanga ntacyo bidutwaye kuko bidutera akanyabugabo, ariko nanone twebwe twigisha mu mashuri abanza nta kintu kinini bongereyeho kuko inyongera ya Frw 4000 cyangwa Frw 5000 iba nta kintu kinini ivuze iyo urebye uko ubuzima buhenze muri iki gihe. Bizafasha bariya bize KIE.”

Avuga ko byari bimenyerewe ko abigisha mu mashuri yisumbuye bahembwaga amafaranga menshi ugereranyije n’abigisha mu mashuri abanza, bityo akemeza ko byari bube byiza iyo amafaranga yagenewe abigisha mu mashuri abanza aza kuba menshi kurushaho.

Asanga imwe mu mpamvu zituma ibibazo by’abarimu bitinda gukemurwa ari uko ababahagarariye mu turere baba batazi neza ibibazo bya mwarimu.

Avuga ko iyo bagiye mu nama ya REB bagerayo bakaganira nayo ibyerekeye imigambi uturere dufite kugira ngo twese imihigo mu by’uburezi, ariko ntibahingutse ibibazo nyabyo bya mwarimu.

Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredMwarimuNgirenteNyaruguruREBUmushahara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: WASAC yatangije uburyo bwo gushyira abaturage amazi aho batuye
Next Article Twese tuzi ko akarengane na ruswa bidindiza iterambere, tubirwanye- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?