Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Ya Jenoside u Rwanda Rwarimo Amahanga Umwenda Wa Miliyari $1-Dr. Kaberuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Nyuma Ya Jenoside u Rwanda Rwarimo Amahanga Umwenda Wa Miliyari $1-Dr. Kaberuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 April 2025 10:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr. Donald Kaberuka wigeze kuba Minisitiri w’imari n’igenamigambi akayobora na Banki nyafurika y’iterambere, BAD, yavuze ko ubwo Guverinoma yahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga imirimo yasanze iyayibanjirije ifitiye amahanga umwenda wa Miliyari $1.

Kaberuka avuga ko muri icyo gihe hari abantu hirya no hino ku isi bagiraga iyo Guverinoma nshya inama yo ‘kutishyura’  uwo mwenda kuko wari warakoreshejwe n’abateguya bashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyakora, Guverinoma yararebye isanga bitaba bikwiye ko utishyurwa, ahubwo ibwira ababyemeraga kuriya ko-binyuze mu gushyira mu gaciro hashingiwe uko ukuri kw’ibintu kwari kumeze- u Rwanda rwagomba kuzishyura ariya mafaranga.

Ingengo y’imari y’u Rwanda mu myaka ya 1995 yari Miliyoni $3.2 ku mwaka, amafaranga make cyane ku gihugu cyari kivuye mu ntambara na Jenoside yakorewe Abatutsi gisigara ari umusaka ariko nanone kigomba kubaho.

Dr. Kaberuka ati: “ Byari ngombwa ko twishyura umwenda w’amahanga kandi n’igihugu kikabaho. Nari mfite amakuru ko amwe muri ayo mafaranga yaguzwe imbunda mu gihe cy’intambara”.

Nyuma ariko, uwo mwenda waje gukurwaho binyuze mu biganiro byabayeho ku rwego mpuzamahanga.

Mu gusobanura icyo bita ‘Umuryango Mpuzamahanga’, Dr. Donald Kaberuka avuga ko uwo muryango ugira ukwawo ukora ku buryo ibihugu bitishatsemo uko byakwikemurira ibibazo, haba hari ibyago by’uko ntawazabitabara mu gihe bigeze mu mage.

Kubera iyo mpamvu, uyu muhanga mu bukungu asanga amateka y’u Rwanda yaratumye rugira uko rwitwara mu bibazo byarwo hashingiwe ku mahitamo aboneye.

TAGGED:AbatutsiAmahitamofeaturedGuverinomaJenosideKaberukaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hamas Iti: “ Israel Imenye Ko Tugifite Imbaraga Nyinshi’
Next Article APR Women Volleyball na Police Women VC Zikwiye Kwigengesera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kigali: U Rwanda Ruraganira Na Afurika Uko Politiki Ya ICT Yahuzwa

Rwanda: Imirasire Igiye Gukoreshwa Mu Kuyungurura Amazi Yo Mu Ngo

Namibia: Inyamaswa ‘Zitabarika’ Zishwe N’Inkongi

Trump Avuga Ko Netanyahu Yemeye Umugambi We Wo Kurangiza Intambara Na Hamas

Visit Rwanda Yageze Muri Basketball Ya Amerika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro: Barashakishwa Kubera Icyaha Bakoreye i Karongi

Ingabo Z’u Rwanda Zavuze Ku Musirikare Wazo Wafatiwe Mu Burundi

Rusizi: Inzu Y’Ubucuruzi Yakongotse Nta Bwishingizi

Kigali: Abarimo Umukobwa Bakurikiranyweho Gucuruza Urumogi

Nduhungirehe Yabwiye UN Ko Igihe Kigeze Afurika Igahagararirwa Mu Kanama Kayo K’Umutekano

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Uko Umusaruro Mbumbe W’u Rwanda Uhagaze Mu Gihembwe Cya Kabiri Cya 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Burkina Faso Irapfa Iki Na Côte d’Ivoire ?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Pyramids FC Yazanye Abakinnyi Bakomeye Bo Gutsinda APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yashimiye Abanyarwanda Bafannye Igare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?