Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Ya Papa Benedigito, Kalidinari Ukomeye Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nyuma Ya Papa Benedigito, Kalidinari Ukomeye Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2023 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwo ni Cardinal George Pell. Yapfuye afite imyaka 81 y’amavuko. Kimwe mu byo azibukirwaho ni uko yigeze guhamwa n’icyaha cyo gusambanya abana ariko aza kuguhanagurwaho.

Yari umwe mu ba cardinals bakomeye bakoranye bya hafi na Papa Benedigito XVI uherutse gutabaruka agashyingurwa n’uwamusimbuye ari we Papa Francis.

Mu gihe cyo gusezera kuri Papa Benedigito XVI, Cardinal Pell yari ahari.

Cardinal George Pell akomoka muri Australia akaba ari we wari Archbishop wa Melbourne.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umwe mu bo biteganywa ko azamusimbura ni Cardinal Peter Comensoli.

Cardinal Pell yigeze kumara umwaka afungiwe mu bwigunge mu nzu atasurwagamo n’abandi nyuma y’uko urukiko rw’i Roma rumuhamije uruhare rutaziguye mu guhohotera abana.

Hari mu mwaka wa 2018.

Yavugwaga ho gukora biriya byaha mu myaka ya za 1990  ubwo yabaga i Melbourne.

Mu mwaka wa 2020 nibwo igihano cye cyakuweho.

- Advertisement -

Mu bihe bishize, hirya no hino ku isi humvikanye abantu bashinja abayobozi bakuru mu madini atandukanye kwangiza abana b’abahangu n’ab’abakobwa.

Ibitagenda neza muri Kiliziya Gatulika kandi ntibigarukira kuri ba cardinals basambanya abana gusa, ahubwo hazamo na ruswa n’ikimenyane.

Ibi nibyo biherutse gutuma Papa Francis afata umwanzuro wo kwirukana ubuyobozi bukuru bw’Umuryango wa Kiliziya gatulika bufasha abatishoboye, Caritas internationalis.

Itangazo riherutse kuva  i Vatican rivuga ko hari itsinda ryagenzuye imikorere ya Caritas ku rwego rw’isi risanga harimo ikimenyane, munyumvishirize, no gusesagura umutungo wayo.

Abakoze raporo bayigejeje kuri Papa arayisuzuma nawe asanga ibyiza ari ukwirukana abayobozi bakuru b’uyu muryango hagashyirwaho abandi bashobora gusubiza ibintu mu buryo.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, biherutse kwandika   ko bamwe mu bakozi ba Caritas baje guhitamo kureka akazi kubera ko babonaga ko ibyo bakorerwa bidakwiye.

Icyicaro cya Caritas Internationalis gisanzwe kiba mu nyubako za Vatican, i Roma.

Muri raporo yagejejwe kuri Papa, handitsemo ko n’ubwo amafaranga yo gufasha aho bikenewe ku isi ahari kandi abonekera igihe, ariko ngo uburyo bwo kuyacunga bugomba kuvugururwa.

Umwe mu barebwa n’icyemezo cya Papa ni Cardinal Luis Antonio Tagle, uyu akaba ari we wayoboraga Caritas ku rwego rw’isi ndetse hari n’abavuga ko bitinde bitebuke azashobora.

TAGGED:AbanaAustraliaCardinalfeaturedGuhohoteraPapaVatican
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bakame Agiye Gukinira Bugesera FC
Next Article Umwana W’Imyaka 11 Acuranga Piano Ku Rwego ‘Rwo Hejuru’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?