Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Ya Zimbabwe Perezida Kagame Ari Muri Tanzania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Nyuma Ya Zimbabwe Perezida Kagame Ari Muri Tanzania

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 April 2023 9:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kuva mu nama mpuzamahanga ya Transform Africa yaraye ibereye i Harare muri Zimbabwe, Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam mu ruzinduko rw’akazi. Asuye Tanzania nyuma y’uko mugenzi we Samia Suluhu Hassan yari amaze iminsi nawe asuye u Rwanda impande zombi ziganira uko imikoranire yarushaho kunoga.

Ubwo yasuraga u Rwanda,  Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania  yahamaze iminsi ibiri.

Intego yari ugushimangira umubano w’ubucuti n’ubuvandimwe hagati y’ibihugu byombi.

Ni rwo ruzinduko rwa mbere yari agiriye mu Rwanda kuva yatangira kuyobora Tanzania asimbuye John Pombe Magufuli wapfuye mu mwaka wa 2020.

Suluhu yari amubereye Visi perezida.

Perezida Samia w’imyaka 61 yageze mu Rwanda  tariki 2 Kanama, yakirwa ku kibuga cy’indege na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta.

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko yabanje kwakirwa na Perezida Kagame muri Village Urugwiro kandi bombi bitabiriye isinywa ry’amasezerano ane y’ubufatanye.

Amasezerano ya mbere yasinywe ni ay’ubufatanye mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu isakazamakuru n’itumanaho, yashyizweho umukono na Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo Ingabire Paula na mugenzi we ushinzwe itumanaho muri Tanzania, Dr Faustine Ndugulile.

Andi masezerano atatu yashyizweho umukono na ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga Dr. Vincent Biruta na mugenzi we wa Tanzania Liberata Mulamula.

Ni amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’abinjira n’abasohoka, amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’uburezi n’amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ubugenzuzi bw’imiti n’ibindi bikoresho byo kwa muganga.

Yasuye n’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruba ku Gisozi.

TAGGED:featuredKagameRwandaSuluhuTanzaniaUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Udukingirizo Tw’i Kayonza Turakemangwa Ubuziranenge
Next Article Human Right Watch Yishimiye Ifatwa Rya Bunyoni
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?