Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Y’Ibiganiro Na Kagame, João Lourenço Yaganiriye Na Tshisekedi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nyuma Y’Ibiganiro Na Kagame, João Lourenço Yaganiriye Na Tshisekedi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 November 2022 8:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Angola João Manuel Goncalves Lourenço yaraye ahuye na mugenzi we uyobora  Repubulika ya Demukarasi ya Congo  Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo.

Nyuma y’ibiganiro bagiranye mu mwiherero, yaje no  kumwakira ku meza.

N’ubwo nta bisobanuro birambuye byatangajwe ku byo aba bayobozi bakuru baganiriye, birashoboka cyane ko baganiriye uko intambara imaze iminsi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Intambara iri muri aka Karere yaraye ihuruje na Kenya ngo ize ifashe DRC kwirukana abarwanyi ba M23 bafashe igice kigaragara cya hariya hantu.

Ibirindiro by’ingabo za Kenya biri i Goma, mu Burasirazuba bwa DRC.

João Lourenço ari mu bayobozi bari gushaka uko intambara iri muri aka karere yahosha.

Hari n’amakuru avuga ko na  Perezida wa Guinée Bisau witwa Umaro Mokhtar Sissoco Embaló nawe ateganya kuzaza muri ubu bwunzi kugira ngo aka Karere gatekane.

Hagati aho Perezida Tshisekedi aherutse guhura n’abahagarariye abaturage ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo bavuga Ikinyarwanda baganira ku ngingo y’uko bafashwe muri kiriya gihugu.

Ni ingingo ishishikaje kubera ko hashize igihe abandi baturage batavuga Ikinyarwanda batuye muri kiriya gihugu babwira amagambo mabi bagenzi babo bavuga Ikinyarwanda, babashinja kuba ibyitso by’U Rwanda bashinja ko ari rwo rutera inkunga M23.

Iyi M23 yo ivuga ko irwanira uburenganzira bw’abavuga Ikinyarwanda bimwe mu gihugu cyabo, bakongeraho ko n’ibikubiye mu masezerano bise aya 23, Werurwe ari nayo akomokaho inyito Mouvement du 23, Mars, bitigeze bukurikizwa n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa.

TAGGED:AngolafeaturedKagameLorencoM23PerezidaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yagaye Umudepite W’Umunyarwanda Utwara Imodoka Yasinze
Next Article Nel Ngabo, Umwe Mu Bahanzi B’Abahanga u Rwanda Rufite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

U Rwanda Rugiye Kwikira Inama Y’Abayobora Amashuri Ya Gisirikare Muri Afurika 

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha

You Might Also Like

Ubukungu

Ibiciro Bya Lisansi Na Mazutu Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?