Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Y’Igihe Gito Ikamyo Ya HOHO Yicishe Abantu i Gatsibo, Indi Yabagongeye Ku Kamonyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyuma Y’Igihe Gito Ikamyo Ya HOHO Yicishe Abantu i Gatsibo, Indi Yabagongeye Ku Kamonyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2022 1:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ahitwa Nkoto mu Karere ka Kamonyi hari ikamyo yo mu bwoko bwa HOHO yabuze Feri igonga imodoka icyenda nk’uko Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda SSP Rene Irere yabibwiye Taarifa.

Ngo abantu benshi bakomeretse bajyanwa mu bitaro ariko ngo ubwo aheruka amakuru nta bantu bayiguyemo bari bamenyekana.

Ati: “ Ikamyo yo mu bwoko bwa HOHO yabuze feri igonga izindi modoka.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ishami ry’umutekano mu muhanda, Senior Superintendent of Police, (SSP) Réne Irere

Kugeza ubu habaruwe abantu 30 bakomerekeye muri iriya mpanuka kandi ngo bari kuvurirwa kuri kigo nderabuzima cya Kamonyi.

Ibigo nderabuzima biri hafi y’aho iriya mpanuka yabereye ni Ikigo nderabuzima kiri i Sheli mu Murenge wa Rugalika cyangwa  icya Kamonyi kiri mu Murenge wa Gacurabwenge.

Nkoto ni agace gakora ku Murenge wa Runda no ku gice cya Rugalika mu Karere ka Kamonyi.

Taliki 30, Werurwe, 2022 ahagana saa tanu za mu gitondo nabwo ikamyo yo muri ubu bwoko yari ipakiye cyane yageze mu ikoni riri mu Murenge wa Gatsibo ahitwa Nyagahanga irenga umuhanda igwa mu gishanga.

Umushoferi wayo n’umufasha mu kazi bahise bahasiga ubuzima.

Ni ikamyo bita dipine( dix pneux) cyangwa HOHO yari ipakiye amabuye mato bita baze iyajyanye mu Karere ka Gicumbi yabuze feri irenga umuhanda igwa epfo.

Amakutu Taarifa yahawe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatsibo witwa Jean Claude Rugaravu avuga ko umwe  mu bahitanywe n’iriya mpanuka witwa Pierre Claver Muhozi batarashobora kumukura munsi y’ikamyo kuko iriya kamyo yaguye yubitse ikizuru ibyo yari ipakiye bikabameneka hejuru.

Rugaravu ati: “ Ni impanuka bigaragara ko yaba yatewe no kubura feri. Yari igiye ahitwa Cyandaro  muri Gicumbi igeze mu ikoni ibura feri igwa mu gishanga iratebera.”

Umwe mu baturage bazi agace iriya mpanuka yabereyemo yabwiye Taarifa ko igice yabereyemo giherereye ku ruhande rw’Akarere ka Gatsibo, ahantu hamanuka.

Iyo uharenze ufata igice gitambika kiri ku ruhande rwa Gicumbi.

Abo iriya mpanuka yahitanye ni uwitwa Ndindiriyimana Jean Pierre ufite imyaka 39 y’amavuko na Pierre Claver  Muhozi w’imyaka 34 y’amavuko.

Bombi bari babutse, bafite umugore n’abana.

Abakoze ubutabazi bashoboye gukuramo Ndindiriyimana Jean Pierre ariko gukuramo Muhozi byagoranye.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, bari bategereje imashini ngo urebe ko hari uburyo yafasha mu gukoramo uwasigayemo.

Jean Claude Rugaravu uyobora Umurenge wa Gatsibo asaba abakoresha uriya muhanda kujya baba maso kandi abafite ibinyabiziga bakitonda.

Ikindi ngo ni ngombwa ko abantu bitondera kwambukiranya uriya muhanda kubera ko hari igice cyawo gifite ahantu hamanuka cyane.

Taarifa yabajije Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano mu muhanda niba impanuka za HOHO zije zikurikirana mu gihe gito( hagati ya 30 Werurwe, na 08, Mata, 2022) zidashobora kuba ziterwa n’uko ariya makamyo adakorerwa isuzuma ‘mechanique’ rihagije ngo barebe niba nta kibazo zifite avuga ko biramutse bigaragaye ko buriya bwoko bw’amakamyo hari ‘ibibazo mechanique byihariye’ kandi zose zihuriyeho ababishinzwe  bazarasuzuma icyo kibazo bakagifatira umwanzuro.

Gatsibo: Ikamyo Yarenze Umuhanda Ihitana Babiri

 

TAGGED:featuredGatsiboIkamyoIkaritaKamonyiPolisiUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikarita Nshya Ya EAC
Next Article Israel Igiye Gushyiraho Uburyo Bisi Zose Zikorera i Kampala Zizakora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?