Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Y’Imyaka Icyenda Police FC Yisubije Igikombe Cy’Amahoro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Nyuma Y’Imyaka Icyenda Police FC Yisubije Igikombe Cy’Amahoro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 May 2024 10:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umutoza wa Polisi FC, abakinnnyi, ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda n’abafana b’iyi kipe baraye bishimye kubera intsinzi y’igikombe cy’amahoro bari bamaze igihe bakumbuye kuko baherukaga gutwara iki gikombe mu mwaka wa 2015.

Icyo gihe Kapiteni wa Police FC yari Tuyisenge Jacques,  ikaba yaratsinze Rayon Sports 1-0.

Intsinzi ya Polisi FC yaraye igezweho nyuma yo gutsinda Bugesera FC Mu  mukino wari uryoshye.

Kuri Kigali Pélé Stadium niho uyu mukino wabereye.

Abafana ku mpande zombi bari bitabiriye, Bugesera FC yari yazanye benshi baje muri coasters zirenga 10.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe anganya ubusa ku busa ariko bavuye mu karuhuko  Police FC irasatira cyane iza no gutsinda Bugesera FC igitero cya mbere cyatsinzwe na Jibrin Akuki ku munota wa 57.

Police FC yaje gutsinda icya kabiri bikozwe na Nsabimana Eric Zidane, ku munota wa 66, ibitego biba bibaye bibiri.

Bugesera FC yaje kugomboramo kimwe, ku munota wa 81 gitsinzwe na Ssentongo Ruhinda Farouk.

Yakomereje kuri uwo muvuduko wo gushaka gutsinda icya kabiri ngo igombore ariko biranga.

Iyo urebye umusaruro wa Police FC muri uyu mwaka usanga ari mwiza kuko kugeza ubu imaze gutwara ibikombe bibiri ni ukuvuga icy’intwari yatwaye itsinze APR FC mu mwaka wa 2022/2023 n’igikombe cy’amahoro yaraye itsinzemo Bugesera FC.

Nyuma y’umukino, ubwo yabakiraga ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, yabashimiye umuhati bakoresheje muri iri rushanwa, bigatuma bagera ku gikorwa cyiza bakoze uyu munsi cyo gutwara iki gikombe

Yavuze ko intego bari bihaye mu mwaka w’imikino bayigezeho, abizeza ko ubuyobozi bwa Polisi buzakomeza kubashyigikira kugira ngo hakomeze kubakwa ikipe ikomeye.

IGP Namuhoranye Felix yishimira iyi ntsinzi.

Kwegukana iki gikombe cy’Amahoro ku nshuro ya kabiri, kuko yagiherukaga mu mwaka wa 2015 itsinze Rayon Sports, bitumye Police FC na APR FC ari zo zizahagararira u Rwanda mu marushanwa.

TAGGED:BugeseraIkipeIntsinziNamuhoranyePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igishoro Gike N’Ikoranabuhanga Rike Bibangamira Umurimo- Min Bayisenge
Next Article Macron Yijeje Tshisekedi Kumutoreza Abasirikare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?