Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Yo Kuraswa Basanze Trump Nta Nkweto Yambaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Nyuma Yo Kuraswa Basanze Trump Nta Nkweto Yambaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2024 11:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abashinzwe kurinda abanyacyubahiro bihutiye kuzenguruka Donald Trump no kumuvana aho yari amaze kurokokera amasasu ariko batungurwa no kumva ababaza aho inkweto ze ziri!

Ubwo bamuzengurukaga bamutwikira n’amaboko ngo bamukingire hatangira umubona, Trump yarababwiye ati: “ Mureke mfate inkweto zanjye, mureke nzifate”.

Amashusho yatangajwe n’ikigo kitwa WBEN arerekana inkweto za Trump kuri tapis aho yari ahagaze ubwo abo bashinzwe kumurinda bazaga kuhamukura.

Bisa n’aho ari bo bazimukuyemo kugira ngo bimworohere kumanuka amadarajya y’aho yavugiraga ijambo.

Nyuma yo kumva ko nta nkweto yambaye, Trump yaratatse ati: ‘ Mureke mfate inkweto zanjye”.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma yo kuva kwa muganga bakamupfuka ugutwi kuko kwakomerekejwe n’isasu, Donald Trump yavuze ko abashinzwe kumurinda baje bihuta cyane baramuterura bituma inkweto ze zivamo kandi ngo ni inkweto zoroshye.

Icyakora yashimye uko abo bantu bamukuye hariya vuba na bwangu, avuga ko ari abanyamwuga cyane.

Avuga ko nubwo bamumanuye shishi itabona, we yashakaga kwigarukira kuri podium agakomeza kubwira abaturage imigabo n’imigambi ye.

Uwarashe Trump amaze kubona ko amuhushije yashatse kuzamuka ngo yisuganye amurase andi masasu ariko itsinda rya ba mudahushwa ryari riri mu barinda Trump riba ryamubonye rimurasa mu kico.

Ibigwi Trump arata abamurinda ariko ntibivugwaho rumwe n’abaturage benshi b’Amerika kuko kugeza ubu hakibazwa uko uriya musore yashoboye kugera ahantu yamurasiye nta muntu umukomye imbere.

Ikinyamakuru CBS kivuga ko umwe muri ba mudahushwa babonye uriya musore warashe Trump ari kuzamuka agana mu gace yamurasiyemo.

Undi mudahushwa kandi yabonye ubwo musore witwa Thomas Crooks ava ahantu hamwe akajya ahandi akicara akareba muri telefoni ye.

Thomas Crooks

Uwo musore batangiye kutamushira amakenga nyuma yo kubona afashe igikapu akagiheka, umwe muri bo ahita atanga ubutumwa ku bayobozi be ko uwo musore ari uwo kwitonderwa.

Mu gihe bari bagitereje ko ubutumwa batanze busubizwa, uwo musore yari yamaze kugera muri position y’aho yarasiye uwahoze ari Perezida w’Amerika.

Umusada ba mudahushwa bari bakeneye wagiye kubageraho uwo musore yarangije kurasa Trump ndetse nawe yishwe.

Ikindi ni uko abashinzwe kurinda abayobozi bakomeye muri Amerika bashinjwa kudaha agaciro mu by’umutekano agace uriya muhungu yakoreyemo ishyano kandi barabonaga neza ko ari aho kwitonderwa.

Umuyobozi w’abo bashinzwe umutekano witwa Kimberly Cheatle yasabwe ndetse kwegura ariko we avuga ko ibyo atazabikora.

Polisi yo mu gace byabereyemo niyo ishimirwa uko yatabaye ariko nabwo yasanze uwo musore akisuganya ngo arase uwahoze ayobora Amerika.

Bisa n’aho gukoma mu nkokora uwo musore ngo ntarase Trump byari bitagishobotse!

Raporo y’ibyabaye kuri Trump ivuga ko isasu ryamuhushije sentimetero imwe n’igice.

Yarashwe amaze iminota umunani atangiye kuvugira mu nyubako yitwa AGR iri muri Pennsylvania.

Abaturage bari aho ibi byabereye bavuga ko biboneye uwo musore yububa agana aho yarasiye Trump ndetse ngo babibwiye abashinzwe kumurinda babyima amatwi.

Trump we yakomeje kubwira abaturage uko yagabanyije umubare w’abimukira bari baramenyereye kuza mu gihugu cye bitemewe n’amategeko.

Mu buryo butunguranye yagiye kumva yumva isasu ahita agwa hasi, abashinzwe kumurinda babona guhurura bamukura aho yari ari.

Uyu mugabo w’imyaka 78 yahise aterurwa n’abo bamurinda, umwe muri bo amwambura inkweto kugira ngo bagenzi be babone uko bamumanura nta nkomyi.

Mu kumanuka nibwo yatatse ati: “ Mumpe inkweto zanjye!”

Bidatinze Trump yahise agaruka mu ruhame ubwo yazaga mu nama yagutse y’abo mu ishyaka rye Republicans bari bahuye ngo bamwemeze nk’umukandida ntakuka wabo.

Ni mu nteko rusange yabaye kuri uyu wa Mbere taliki 15, ibera ahitwa Milwaukee.

TAGGED:AmasasuAmerikaInkwetoTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article MINAGRI Yatangaje Uko Nkunganire Izatangwa Mu Ihinga 2025 A
Next Article Nyaruguru: Nyuma Yo Gutema Umugore We N’Umwana Yiyahuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?