Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Y’Umuganda Abimuwe Kangondo Bacinye Akadiho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyuma Y’Umuganda Abimuwe Kangondo Bacinye Akadiho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 September 2022 11:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage baherutse kwimurwa ahitwa Kangondo na Kibiraro bakajya gutuzwa mu Busanza bwa Kanombe bakoze umuganda muri  uyu mudugudu. Nyuma yawo bitabiriye amatora y’Abunzi nk’uko byakozwe n’ahandi.

Abayobozi bakuru mu Mujyi wa Kigali niho bakoreye umuganda mu rwego rwo kwakira abo baturage mu Mudugudu mushya no kubereka ko bifatanyije nabo mu bikorwa bigamije kubateza imbere.

Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’imibereho y’abaturage muri Kigali  witwa Martine Urujeni ari kumwe n’ Umunyamabanga wa Leta muri  Miisiteri y’ububanyi n’amahanga Prof Nshuti Manasseh nibo bari abashyitsi bakuru mu baje kwifatanya na bariya baturage.

Umuganda urangiye , abaturage baganiriye n’abayobozi kuri gahunda za Leta zirimo no gutora abunzi ndetse n’ibindi bikorwa bigamije kuzabateza imbere mu Mudugudu mushya bimukiyemo.

Nyuma y’ibyo byose, bagaragaje akanyamuneza no gushimira uburyo Leta itekereza ku baturage ikabashakira ibyiza birimo n’uyu mudugudu wa Busanza baherutse gutaha.

Bakoze umuganda mu mudugudu mushya bimukiyemo

Mu minsi mike ishize, hari benshi muri aba baturage bari baringiye baranze kuva aho bahoze batuye kubera ko ngo aho bari bagiye kwimurirwa batahashakaga.

Inzego z’ubuyobozi zarabegereye zibabwira akamaro kuhava  kandi barabyumva.

Barimuwe k’uburyo Icyumweru gishize cyarangiye bose baramaze kuva aho bari batuye.

Ubuyobozi bwabwiraga abaturage ko nibatava muri kariya gace bashoboraga kuzahahurira n’ibiza byari butume hari bamwe bahasiga ubuzima.

Icyakora si ko buri wese muri bo yumviye iyo mpuruza kuko hari n’ababyanze ndetse bamwe bakoresha n’imvugo ubugenzacyaha bwaje kwemeza ko irimo ingingo zigize icyaha ndetse barabifungirwa.

Uwitwa Shikama Jean de Dieu wari uyoboye abavugaga ko batabishaka ndetse akaza no gukuresha amagambo yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yaje gufatwa ubu ari mu nkiko akurikiranyweeho iyo mvugo.

Aherutse kubwira urukiko ko iriya mvugo kuri we yagize akamaro kubera ko umuvuduko wo kwimura bariya baturage aho bari batuye wagabanyijwe.

TAGGED:BusanzafeaturedKangondoKigaliUmudugudugu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamonyi: Uwareze BNR Kuri Perezida Kagame Yakatiwe Gufungwa By’Agateganyo
Next Article Kajugujugu Y’Ingabo Za Uganda Yakoze Impanuka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?