Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyungwe: Ishyamba Ry’Inzitane Rya Cyera Cyane
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibidukikije

Nyungwe: Ishyamba Ry’Inzitane Rya Cyera Cyane

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 January 2022 4:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuntu wese waciye mu ishyamba rya Nyungwe yarirangije yibaza igihe ari burisohokeremo akongera kubona inzu, amatungo n’ibindi bintu bisanzwe mu buzima bwa muntu. Ni ishyamba riteye  ubwoba kuko uretse no kuba ari inzitane, umuhanda uricamo urimo amakoni menshi kandi uramanuka cyane.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko umuntu uryinjiyemo afite telefoni akenshi atakaza umurongo.

Wongera gusubira ku murongo ari uko usohotse muri Nyungwe.

N’ubwo ririya shyamba riteye ubwoba kuri uru rwego, ariko ku rundi ruhande rirashishikaje cyane cyane ku bantu bakunda imiterere kamere y’ibinyabuzima n’ibyanya bikomye ibyo binyabuzima bibamo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abasura pariki z’u Rwanda, abenshi bigira muri Pariki y’Akagera cyangwa bakajya gusura Pariki y’ibirunga.

Hari abatinya Nyungwe kubera ukuntu ari ishyamba ry’inzitane, rimwe bita mu kitumva ingoma.

Iri shyamba rifite ibiti binini cyane kandi bivugwa ko ari ibya cyera cyane mbere y’uko Yezu aza ku isi.

Ni indiri y’ubwoko 322 bw’inyoni.

Ubwoko inyoni ziba mu Rwanda bwinshi bwaturutse muri Nyungwe bukwira ahandi.

- Advertisement -

Nyungwe ituwe n’ubwoko 120 bw’ibinyugunyugu, amoko 1,068 y’ibiti arimo andi moko 140 y’ibiti bitaboneka henshi ku isi.

Kubera  aho riherereye, rihora rugwamo imvura kandi iyi mvura ni ingirakamaro haba mu gutanga amazi akenewe n’ibinyabuzima biba muri Nyungwe haba no mu gutuma havuka amasoko( isoko-source d’eau) atuma havuka imigezi nayo ikabyara inzuzi zirimo n’uruzi rwa Nil nk’uko abahanga mu bumenyi bw’isi babyemeza.

Mu binyabuzima bituye Nyungwe ibyamamaye kurusha ibindi ni inguge.

Habarurwa amoko menshi y’inguge zirimo n’izifite ibara risa na zahabu.

Ifite kandi amoko 75 y’inyamabere.

Ibiti bituye Nyungwe birimo ibyitwa Imbaranga, Umuyove n’Igishigishigi.

Mu rwego rwo kurinda iri shyamba, Guverinoma y’u Rwanda yarihinduye Pariki.

Ubu kirazira guta ikintu cyose muri ririya shyamba.

Abagenzi baricamo bagirwa inama yo kutagira ikintu icyo ari cyose baritamo.

Icyemewe gusa ni uguhagarara ugaha inkende umuneke ubundi ugakomeza.

Mu mwaka wa 2005 nibwo Nyungwe yagizwe Pariki.

Tugarutse ku nkende, abahanga bavuga zihuje n’umuntu ibiranga ubuzima( genetic code) ku kigero cya 98.8 %.

Ni inyamaswa zibana mu miryango kandi zikunda kwimuka. Kwimuka kwazo kwa hato na hato gutuma bigoye kuzazisanga ahantu runaka ukazitegereza.

Aho wazibonye ejo siho uzibona uyu munsi.

Iyo ugize amahirwe ukazibona, wishimira uko zibanye kuko ziba ziri kwitanaho, imwe ikuraho indi ibishokoro, zikina ndetse zimyanya.

Ni ngombwa ko abantu bamenya ko kugenda muri Nyungwe bisaba kuba ufite imbaraga zihagije n’uruti rw’umugongo rufatika.

Ibi biterwa n’uko ririya shyamba rihoramo imvura kandi ubutaka bwaryo bunyerera cyane.

Muri Nyungwe uzasura yo ibi bice:

Ahitwa Igishigishigi, ahitwa Karamba, ahitwa Umuyove, ahitwa Imbaraga  n’ahitwa Bigugu.

Hari n’ahantu heza bita Uwinka. Niho bakirira abasuye iyi Pariki.

Abantu bafite ubumuga bw’ingingo ntibarashyirirwaho uburyo bwo kurisura.

Kubera ko iri shyamba riri ku murongo mbariro wa équateur bituma ikirere cyaryo gihoramo imvura mu bihe byose bigize umwaka.

Ikinyamakuru kitwa tripsavvy.com kivuga ko ibiciro byo gusura ibice bitandukanye bya Nyungwe bihera ku $ 40, $60 na $ 90 ku muntu umwe.

Abana bafite imyaka y’amavuko iri munsi y’irindwi ntibishyuzwa.

TAGGED:AkagerafeaturedIshyambaNyungwePariki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Nde Wemerewe Kwambuka Umupaka wa Gatuna?
Next Article Hadutse Ubundi Bwoko Bwa Omicron
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?