Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nzongera Niyamamaze No Mu Yindi Myaka 20 Iri Imbere-Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nzongera Niyamamaze No Mu Yindi Myaka 20 Iri Imbere-Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 July 2022 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye isi yose ko yiteguye kuzongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda no mu yindi myaka 20 iri imbere kubera ko abaturage ari bo bahitamo ubayobora.

Umunyamakuru wa France 24 yari amubajije niba azatanga kandidatire mu mwaka wa 2024 mu matora y’Umukuru w’igihugu, undi amusubiza ko yiteguye gukorera Abanyarwanda igihe cyose bazabimushinga.

France 24 yamubajije niba bidakwiye ko habaho umubare ntarengwa wa Manda Umukuru w’u Rwanda agomba kuba yemerewe kuyobora, Perezida Kagame asubiza ko ibyo bigenwa n’abaturage, Abanyarwanda.

Undi ati: “ Abaturage nibo bahitamo uwo batora mu biyamamaje!”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kagame amusubiza ko ibyo ari byo kuko biba bivuze ko amatora yakozwe mu bwisanzure nta we uhejwe.

Perezida Kagame yavuze ko abaturage ari bo bagomba guhitamo icyo bashaka gukora mu nyungu z’igihugu cyabo, ntabwo ari abandi bantu babahitiramo.

Ku byerekeye umubano hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Umunyamakuru wa France 24  yabajije Perezida Kagame icyo avuga ku ntambara Perezida wa DRC aherutse kuvuga ko ashobora kuzashoza ku Rwanda niba rudahagaritse ibyo gufasha M 23, undi amusubiza ko atajya apfa kuvuga ijambo intambara mu buryo buhutiweho.

Iby’uko DRC ishobora gutera u Rwanda, Perezida wayo Felix Tshisekedi yabibwiye The Financial Times mbere gato y’uko afata indege yari bumuhuze na mugenzi we uyobora u Rwanda mu Nama mu nama yabahuriye i Luanda mu ntangiriro z’Icyumweru kizarangira taliki 10, Nyakanga, 2022.

Ikiganiro France 24 yahaye Perezida Kagame cyafatiwe mu Biro bya Village Urugwiro, kikaba cyaribanze ku ngingo zitandukanye zirimo umubano hagati y’u Rwanda na DRC irushinja gufasha M23.

- Advertisement -

Igice kinini cy’iki kiganiro kibanze kuri uyu mubano.

Perezida Kagame yavuze ko kuba yarahuye na mugenzi we ari intambwe nziza  kandi itanga icyizere ko n’ibindi ‘bishobora’ kuzagerwaho.

Umunyamakuru yamubajije impamvu avuga ko ari intambwe nziza kandi bidatinze, imirwano ya M23 yahise yubura, Perezida Kagame amusubiza ko ibyo bishobora kuba biterwa n’uko gushyira mu bikorwa ariya mabwiriza hari ubwo bitinda.

Gutinda nabyo ngo byaterwa n’uko abashyira mu bikorwa amabwiriza barandaga, cyangwa se ugasanga igice kimwe nicyo gishyirwa ku gitutu cyo kuyashyira mu bikorwa mu gihe ikindi bihanganye cyo cyabaye ‘ntibindeba.’

Perezida Kagame kandi yavuze ko bidakwiye ku kibazo cya DRC habaho gushinjanya,  ku ruhare buri ruhare rugira mu biri  kubera ahabera intambara, ariko akavuga ko  bo nk’abayobozi bakoze ibyo bagombaga gukora, batanga amabwiriza agomba gukurikizwa.

Kagame yavuze ko iby’uko M23 ikigaba ibitero nyuma y’ariya masezerano ari ibintu abantu bagomba kureba mu bundi buryo kuko iyo hari intambara, burya haba harwana ibice bibiri.

Gushyira intwaro hasi rero bivuze ko ibyo bice byombi biri mu ntambara biba bigomba kubikora, ntibyitwe ko bireba igice kimwe ikindi bitakireba.

Ati: “Ntabwo gushyira intwaro hasi bireba M23 gusa ahubwo bireba n’abayirwanya, icyo nicyo nashakaga kugukosora ho. Mu kanya mvuga ko ibyo gushyira intwaro hasi bireba impande nyinshi kandi bijya bigorana, nashakaga kuvuga ko kugorana kwabyo gushyingira k’ukuba haba hari ibice byinshi bigomba kumva no kumvira amabwiriza aba yafashwe n’abayobozi nk’uko nabigarutsseho haruguru.”

Ngo hari ubwo bifata igihe.

Abajijwe icyo avuga ku byo Perezida wa DRC Felix Tshisekedi yigeze kubwira The Financial Times cy’uko Kinshasa itazakomeza kwihanganira ubushotoranyi bw’u Rwanda, ko izarwivuna, Perezida Kagame yavuze ko atajya apfa kuvuga iby’intambara mu buryo buhutiweho.

Ikindi  uko iby’uko DRC izarasa u Rwanda mu Nama bagiriye i Luanda ntabyo yumvanye mugenzi we, Tshisekedi ahubwo ko ibyo nawe yabisomye muri The Financial Times.

Ati: “ Ku ruhande rwanjye sinjya mpfa kuvuga mu buryo bwihuse intambara bityo byaba byiza iyo ngingo tubaye tuyishyize ku ruhande. Nari nagiye muri Angola kugira ngo nganire na mugenzi wanjye ku ngingo zatuma umwuka mubi hagati y’ibihugu byacu ukurwaho.”

Hagati aho Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwand Dr Vincent Biruta yatangarije kuri Twitter ko ibyo guhagarika imirwano bitigeze bisinywa hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ngo ibikubiye mu masezerano Perezida Kagame yasinyanye na mugenzi we Tshisekedi i Luanda ari imirongo migari yerekana uko impande bireba zashyira mu bikorwa ibiyakubiyemo kugira ngo ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa DRC gicyemuke mu buryo burambye.

Yanditse ati: “ Amasezerano yasinyiwe imbere y’umuhuza ari we Angola yerakane mu buryo busobanutse intego n’ibikoorwa bigomba gukorwa n’inzego ndetse n’abafatanyabikorwa kugira ngo ibibazo bibonerwe umuti.”

Yashimangiye ko  ‘nta masezerano cyangwa ibyo guhagarika intambara byigeze bisinywa.

Amakuru yakurikiye isinywa ry’amasezerano y’i Luanda yagarurukaga ku itangazo ryasohotse rivuga ko hagomba guhagarikwa imirwano ndetse n’abarwanyi ba M23 bakava mu birindiro by’aho bafashe.

Icyakora umuvugizi w’uyu  mutwe Major Willy Ngoma yatangaje ko bataza mu birindiro byabo kuko ngo n’ubundi ikibazo cyatumye baharwanira kitacyemutse.

Icyo ngo ni ikibazo cy’uko  abaturage bavuga Ikinyarwanda bo muri kiriya gice bahora bahohoterwa n’ubutegetsi bw’i Kinshasa.

Hagati aho amakuru Taarifa ifite avuga ko abarwanyi ba M23 bakomeje intambara kuko bari gusatira ahitwa Rumangabo, ahari bimwe mu bigo bya gisirikare bikomeye bya Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

TAGGED:AmatoraDRCfeaturedIgihuguKagameM23Tshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bwongereza Bwashimiye Uwari Ushinzwe Itsinda Ryateguye CHOGM 2022
Next Article Ubushinjacyaha Bwasabye Ko Bucyibaruta Akatirwa Burundu N’Ubwo Ashaje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

Igihangange Manny Pacquiao Agiye Kugaruka Mu Iteramakofe

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?