Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Oda Gasinzigwa Yagizwe Perezida Wa Komisiyo Y’Igihugu Y’Amatora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Oda Gasinzigwa Yagizwe Perezida Wa Komisiyo Y’Igihugu Y’Amatora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 January 2023 6:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hon Oda Gasinzigwa wigeze kuba Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango akaza no guhagararira u Rwanda mu Nteko ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yaraye agizwe Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora.

Asimbuye Prof Kalisa Mbanda uherutse gutabaruka azize indwara itunguranye.

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 30, Mutarama, 2023 iyobowe na Perezida Paul Kagame niyo yashyize Oda Gasinzigwa muri izi nshingano.

Gasinzigwa yagiye mu Nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Afurika y’i Burasirazuba mu mwaka wa 2016.

Mbere y’aho yari yarashinzwe indi mirimo irimo kuba Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, kuyobora Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire bw’umugabo n’umugore( GMO).

Yagize kandi uruhare rutaziguye mu ishyirwa mu bikorwa by’imishinga yo gutuza abantu ahari ishyamba rya Gishwati.

Hon Oda Gasinzigwa mu mpera z’umwaka wa 1994 yigeze kugirirwa icyizere ahabwa kuyobora Akarere ka Kacyiru( ubu ni muri Gasabo).

Ni ibihe byari bigoye kuko igihugu cyari kikiri itongo kubera Jenoside yakorewe Abatutsi yari igihagarikwa, abayikoze barahunze igihugu, kandi barasize basenye byinshi.

Kuva mu mpera za 1994, yagiriwe icyizere mu bihe bikomeye cyo kuyobora Komini Kacyiru ubu yabaye Gasabo kugeza mu mpera za 2005.

Oda Gasingirwa ni umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi akaba yaravutse mu mwaka wa 1966.

TAGGED:AbatutsiAmatorafeaturedGasinzigwaJenosideKomisiyoMbanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWAFA Yahannye Kiyovu Sports
Next Article Burkina Faso: Abantu 28 Barimo Abasirikare N’Abasivili Bishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gakenke: Yafatanywe Ibilo 17 By’Urumogi Na Litiro 14 Za Kanyanga

Venezuela Ivuga Ko Trump Nta Kindi Ayishakaho Kitari Petelori

Umuryango Africa’s Business Heroes Urateganya Kwigisha Guhanga Imishinga

Ingabo Z’u Burundi Ziri Muri DRC Zirenga 20,000- Kagame

Perezida Kagame Ararahiza Abaherutse Guhabwa Inshingano

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

You Might Also Like

Ubukungu

Abasura Kibeho Babura Aho Bavunjisha Amadolari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Impuguke Z’Abashinwa Zaganiriye Na FPR Inkotanyi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Niba Amahanga Ashaka Amahoro Abwire Abarundi Bave Muri DRC- Nduhungirehe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Kwinjira Muri Amerika Bigiye Kugora Abakoresheje Imbuga Nkoranyambaga Uko Itabishaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?