Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Odinga Yatanze Kandidatire Muri Afurika Yunze Ubumwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Odinga Yatanze Kandidatire Muri Afurika Yunze Ubumwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 July 2024 1:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Binyuze muri Guverinoma ya Kenya, Raila Odinga yatanze kandidatire yo kwiyamamaza kuzatorerwa kuyobora Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe.

Hagati aho hari amakuru avuga ko Kenya ihanganye na Tanzania kuri uyu mwanya kuko uwahoze ari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania witwa January Makamba nawe afitemo akayihayiho.

Gutanga iyi kandidatire byakorewe i Addis Ababa muri Ethiopia ari naho hari icyicaro cy’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe.

Hari n’amakuru avuga ko na Djibouti nayo ishaka kuzatanga iyo kandidatire.

Muri gahunda Odinga afite harimo ukwishyira hamwe kwa Afurika, iterambere ry’ibikorwaremezo, ubuhahirane n’ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika, kwigenga mu by’imari no guharanira uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore.

U Rwanda ruherutse gutangaza ko ruzashyigikira kandidatire ya Odinga ndetse ngo nanatorwa ruzakomeza kumufasha.

Ni Perezida Kagame wabibwiye kimwe mu binyamakuru byo muri Kenya bikomeye kurusha ibindi mu kiganiro bagiranye mu mezi macye ashize.

Abasesengura bavuga ko kuba Guverinoma ya Kenya ishaka ko Odinga atorerwa uriya mwanya ari amayeri yo kumwigizayo ngo ntakomeze kutavuga rumwa na Leta ariko nanone bikaba n’ishema ry’igihugu cye.

Umukandida uzemeranywaho mu bihugu bigize EAC niwe uzatorerwa kuyobora uyu mwanya usanzweho Mussa Faki Mahamat, umunya Tchad uri mu bubashywe kurusha abandi muri Afurika.

Mussa Faki Mahamat
TAGGED:EACfeaturedKenyaOdingaTanzaniaUmukandida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Ntikwiye Gupfobya Ibyo Erdogan Avuga-Umusesenguzi
Next Article Mr. Nice Aragera Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?