Pakistan: Abantu 21 Bishwe N’Ibisasu Bari Mu Musigiti

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read
Imodoka zifashishwa mu kugaba ibitero ahantu hatandukanye.

Abantu 21 bishwe, abandi barenga 100 barakomereka, nyuma y’igitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe ku musigiti uri mu kigo cya Polisi mu mujyi wa Kohat, mu ntara ya Khyber Pakhtunkhwa, mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Pakistan.

Abapfuye barimo abapolisi 15 n’umwana w’imyaka ine.

Igitero cyagabwe n’umwiyahuzi wari utwaye imodoka yari yuzuye ibisasu, nyuma hakurikiraho imirwano ubwo abandi barwanyi barasaga ku kigo cya Polisi.

Amakuru yatangajwe n’ibiro ntaramakuru bya Pakistan, APP, avuga ko nibura abateye batandatu bahasize ubuzima bahitanywwe no guturika kw’ibyo bisasu ndetse no mu mirwano yakurikiyeho.

Amashusho yagenzuwe na BBC Verify yerekanye aho igitero cyabereye huzuye ibisigazwa by’inyubako, mu gihe abantu barimo gufasha abakomeretse.

Polisi ya Khyber Pakhtunkhwa yavuze ko yiyemeje gukumira ibikorwa by’umutwe yise Fitna-al-Khawarij, izina abayobozi ba Pakistan bakoresha berekeza ku Taliban yo muri Pakistan (TTP).

TTP yashinzwe mu 2007, igamije gushyira mu bikorwa imyumvire yayo ikaze y’amategeko ya Kisilamu.

Uyu mutwe ufite umubano na al-Qaeda ndetse n’Abatalibani bayobora Afghanistan.

Perezida wa Pakistan, Asif Ali Zardari, yihanganishije imiryango y’abahitanywe n’igitero, anifuriza abakomeretse gukira vuba.

Yasabye ko imitwe y’iterabwoba ikomoka hanze kandi ishyigikirwa n’amahanga “icika burundu”.

Umunyamabanga Mukuru wa UN, António Guterres, yamaganye bikomeye iki gitero, avuga ko ibitero byibasira abasivili n’ahantu ho gusengera bidakwiye kwihanganirwa.

Mu kwezi kwa Gashyantare(2), 2026, abayobozi ba Pakistan bashinje Abatalibani kugira uruhare mu bitero bitandukanye byabaye muri icyo gihugu, birimo igitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe ku musigiti w’Abashiya i Islamabad, aho abantu barenga 30 bishwe.

Guverineri wa Khyber Pakhtunkhwa, Faisal Karim Kundi, yavuze ko iyo ntara imaze gutanga “ibitambo byinshi” mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba.

Mu mezi ya vuba, ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro mu bice bya Pakistan bihana imbibi na Afghanistan byariyongereye cyane. Iyo mitwe yibanda ku bitero byibasira igisirikare na Polisi.

Leta ya Pakistan ivuga ko abarwanyi bakoresha Afghanistan nk’ahantu ho kwihisha, aho bategurira kandi bakitoreza ibitero bagaba muri Pakistan.

Guverinoma y’Abatalibani muri Afghanistan irabihakana, ikavuga ko imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Pakistan ari ikibazo cy’imbere muri Pakistan.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *