Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pakistan: Umwiyahuzi Yiturikirijeho Igisasu Gihitana Abantu 32
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Pakistan: Umwiyahuzi Yiturikirijeho Igisasu Gihitana Abantu 32

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2023 1:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru ava mu Mujyi wa Dera Ismail Khan muri Pakistan avuga ko umwiyahuzi yiturikirijeho igisasu ubwo yasatiraga ikigo cya Polisi agahitana abantu 32 barimo abapolisi 23.

Iki gitero cyabereye mu Ntara ya Khyber Pakhtunkhwa ituranye na Afghanistan.

Nyuma yo kwiturikirizaho igisasu, abandi bari bari kumwe n’uwo mwiyahuzi bakomeje kurasa mu kigo cy’abapolisi, kurasana bimara amasaha menshi.

Umupolisi mukuru witwa Kamal Khan avuga ko bafite inkomere nyinshi kandi ko umubare w’abapfuye ushobora kuza kwiyongera.

Yabwiye Associated Press ko umukwabo wo guhiga abandi barwanyi bagabye kiriya gitero watangiye.

Amakuru avuga ko iki gitero cyakozwe n’abarwanyi bibumbiye mu kitwa Tehreek-e-Taliban Pakistan cyangwa  TTP mu magambo ahinnye.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu muri Pakistan witwa Sarfraz Bugti yafashe mu mugongo ababuze ababo, avuga ko kiriya ari ‘igikorwa cy’iterabwoba.’

Si ubwa mbere Intara ya Khyber Pakhtunkhwa ikorerwamo ibitero nk’ibi.

Muri Mutarama, 2023 ikindi gitero cy’umuntu wari wiyambitse nk’umupolisi ariko yiziritseho igisasu cyahitanye abantu 101 mu musigiti uri ahitwa Peshawar.

Abatalibani bo muri Pakistan bakomeje kongera ibitero byabo kuri polisi n’abasirikare kandi byariyongereye kuva mu mwaka wa 2022.

Amakuru avuga abanya Pakistan bahisemo gutangira gukorana n’Abatalibani guhera mu mwaka wa 2021 ubwo aba bagarukaga ku butegetsi muri Afghanistan Abanyamerika bamaze gusubira iwabo.

TAGGED:AbatalibaniBombePakistanPolisiUmwiyahuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Amataliki Y’Amatora Ya Perezida Wa Repubulika Yamenyekanye
Next Article Inteko Y’Ubwongereza Iragira Icyo Ivuga Ku By’Abimukira ‘Bazaza’ Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bunyoni Ararembye

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Igitaramo Cya Mbonyi Cyari Kuzabera i Rubavu Cyasubitswe

Abana Bagiye Gutozwa Guhesha Agaciro Imbyino Gakondo Nyarwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

You Might Also Like

Mu mahanga

Haratutumba Intambara Hagati Ya Chad N’Abarwanyi Bo Muri Sudan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nigeria Yahaye Amerika Amakuru Yayifashije Kurasa Abahezanguni B’Abisilamu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?