Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Papa Francis Avuga Ko Gukubita Umugore Ari Igikorwa Cya Satani
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Amadini N'Iyobokamana

Papa Francis Avuga Ko Gukubita Umugore Ari Igikorwa Cya Satani

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 December 2021 2:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
25/08/2018 NO REPRO FEE, MAXWELLS DUBLIN ON BEHALF OF WMOF18 Visit of Pope Francis to Ireland for the World Meeting of Families 2018. Pic shows Pope Francis takes a “selfie’ with Alison Nevin age 12 from the Carrickmines tragedy family at Croke Park, Dublin PIC: POOL PIC, MAXWELLS ON BEHALF OF WMOF18
SHARE

Umushumba wa Kiliziya Gatulika Papa Francis yavuze ko abagabo bakubita abagore babo baba bakoze igikorwa cya Satani.

Francis yavuze ko kuri we iyo umugabo akubise umugore we kandi azi neza ko nta mbaraga banganya, ntaho aba atandukaniye na Satani ishuka abantu kandi izi neza ko ari abanyantege nke.

Ati: “ Birababaje cyane, ni ibintu bitagombye kubaho.”

Umushumba wa Kiliziya Gatulika yabivugiye mu kiganiro yaraye ahaye imwe muri radio zo mu Butaliyani yitwa TG5.

Yari ari kumwe n’abagore batatu n’umugabo umwe bari baje ngo baganire.

Yagize ati: “ Umubare w’abagore bakubitwa ni munini cyane.”

Ihohoterwa rikorerwa abagore ni ikintu kibahungabanya kikagera no ku bana

Yabivuze ubwo yasubizaga ikibazo cy’umugore wari umubajiije uko abona ihohotera rikorerwa mu ngo.

Iki kibazo yakibajijwe na Giovanna nawe wemeza ko ahohoterwa iwe.

Uyu mugore yabwiye Papa n’abandi bari bamuteze amatwi ko nyuma yo guhohoterwa kenshi, byaje kuba ngombwa ko ava muri ruriya rugo, ajya kwibana asiga uwo bashakanye.

Ubu abana n’abana bane, agomba kwitaho.

Papa Francis akunze kwamagana abagabo bahohotera abagore babo, cyane cyane muri ibi bihe isi n’u Butaliyani by’umwihariko biri mu bibazo byakururiwe na COVID-19.

Polisi y’u Butaliyani ivuga ko ku munsi abagore 90 bakorerwa ihohoterwa.

62% by’uru rugomo ruba ari ihohoterwa rikorewe mu rugo.

Umushumba wa Kiliziya gatulika ku isi yasabye abagore bakorerwa ihohoterwa kumva ko bafite agaciro, ko ntawe ukwiye gutuma bumva ko bagataye ngo bihebe.

TAGGED:featuredFrancisIhohoterwaKiliziyaPapa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Goma Hari Imyigaragambyo Ikomeye…
Next Article 11 Mu Bafatanywe Ibyo Guturitsa Kigali City Tower Bagiye Gufungwa Iminsi 30 Y’Agateganyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?