Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Papa Francis Yabazwe Mu Mara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Amadini N'Iyobokamana

Papa Francis Yabazwe Mu Mara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2021 1:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Papa Francis  w’imyaka 84 y’amavuko kuri iki Cyumweru yabazwe urura runini. Byatangajwe n’umuvugizi wa Leta ya Vatican witwa Matteo Bruni.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika yabagiwe mu bitaro bikomeye biri i Vatican byitwa Gemelli Polyclinic.

Bwana Matteo avuga ko kuri uyu wa Mbere tariki 05, Nyakanga, 2021 Papa Francis yagaruye ubuyanja, ko atamerewe nabi.

Iyi nkuru yanditswe hashize amasaha 12 abazwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibiro bye bitangaza ko yabazwe igice cy’urura runini kitwa sigmoid, iki kikaba ari igice cyarwo cyegera aho umwanda usohokera.

Kuri uyu wa Mbere tariki 05, Nyakanga, 2021 Ibiro bya Papa byatangaje ko amerewe neza, ko ari kugarura intege.

Bruni ati: “ Nyirubutungane Papa amerewe neza, arahumeka neza.”

Abaganga bamaze amasaha atatu babaga Papa Francis.

Umwe mu ba Karidinali bakuru baba i Roma witwa Enrico Feroci yabwiye Ibiro ntaramakuru byo mu Butaliyani ANSA ko abantu bose bagombye gusengera Papa kandi bagasaba Imana kumuba hafi.

- Advertisement -

Biteganyijwe ko Papa azamara iminsi irindwi mu bitaro.

Arwariye mu muturirwa wa 10 wagenewe kurwarizwamo ba Papa.

Umushumba wa Kiliziya Gaturika waherukaga kuharwarira mu bihe bitandukanye yari Papa Yohani Pawulo II.

TAGGED:AmarafeaturedFrancisKaridinaliPapaVatican
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amaboko Yabohoye U Rwanda Yongereye Ingufu- Mushikiwabo
Next Article ‘Bidateye Kabiri’ Putin Yakoze Biden Mu Jisho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?