Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Papa Francis Yasabye Isi Kutazibagirwa Ubukana Bwa Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Papa Francis Yasabye Isi Kutazibagirwa Ubukana Bwa Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2024 1:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku isi Papa Francis yasabye amahanga guhora azirikana ubukana Jenoside yakorewe Abatutsi yari ifite kugira ngo hatazagira ahandi haba Jenoside ku isi.

Inkuru ya Kinyamateka yanditswe na Padiri Fidele Mutabazi wari uri aho Papa Francis yabivugiye, ivuga ko yabivuze abibwira abagiraneza bagize Umuryango bise Nolite Timere washinze kimwe mu bigo by’imfubyi biba mu Rwanda bari bari kumwe na Musenyeri Balthazar Ntivuguruzwa.

Myr Ntivuguruzwa niwe Mwepisikipi wa DArkidiyoseze ya Kabgayi.

Papa Francis yagize ati: “Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yari iteye ubwoba. Muramenye ntimukayibagirwe kugira ngo ntizongera kugira ahandi iba ku isi.”

Yashimiye umuryango Nolite Timere wiyemeje kugarura abantu icyizere cyo kongera kubaho.

Abashimira uko bashyize mu bikorwa intego yabo mu buryo biyemeza gufasha amagana y’abana b’imfubyi barerewe mu kigo cy’imfubyi Cite Nazareth Mbare muri Diyosezi ya Kabgayi.

Ikigo cya Cite Nazareth Mbare cyatangijwe na Arikiyepiskopi Salvatore Penacchio, wari intumwa ya Papa mu Rwanda hagati y’umwaka wa 1998 n’umwaka wa 2003.

Iki kigo ubu kirererwamo abana 429.

Ahereye ku kirangantego cy’Agaseke kiranga iki kigo, Papa Francis yibukije akamaro ko gushyigikirana no gusangira.

Avuga ko bikenewe cyane muri iki gihe aho usanga abantu bahugiye mu kwimika ivangura n’amacakubiri.

Umuryango Nolite Timere ufite ikicaro mu Butaliyani buri mwaka ugenera inkunga ikigo cya Cite Nazareth, Papa Fransisiko akaba yabashimiye icyo gikorwa cyongera gutuma abana bamwenyura bakazera ubwiza bw’ejo hazaza.

Ifoto@ Vatican Media via Vatican Pool/Getty Images

TAGGED:featuredFrancisJenosidePapa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article KNC Yasheshe Gasogi FC
Next Article Ibishanga By’i Kigali Bigiye Guhindurwa Ahantu Nyaburanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?