Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pasiteri Muri ADEPR Aravugwaho Ingengabitekezo Ya Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Pasiteri Muri ADEPR Aravugwaho Ingengabitekezo Ya Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2022 1:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Pasiteri Herman Budigiri wo mu Itorero rya ADEPR aravugwaho kubwira mugenzi we nawe w’Umupasiteri witwa Jean Marie Vianney Kalisa amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside akamukomeretsa.

UMUSEKE wemeza ko iki kibazo kigiye kumara amezi atandatu kivugwa na bamwe mu bashumba bari ririya torero ry’i Muhanga.

Abo bashumba bavuga ko bumvanye mugenzi wabo amagambo akabakomeretsa.

Bemeza ko ariya magambo, Pasiteri Budigiro yayavuze ubwo yari ari mu mahugurwa yabereye i Muhanga mu minsi yatambutse.

Umwe muribo witwa Pasiteri Kalisa Jean Marie Vianney avuga ko wavuzweho ariya magambo akamukomeretsa, avuga ko yandikiye mugenzi we Pasiteri Budigiri Herman agenera kopi inzego zitandukanye zirimo na IBUKA .

Ngo yategereje igisubizo arakibura.

Avuga ko amakuru yahawe n’abari mu mahugurwa mu kwezi kwa Gashyantare umwaka wa 2022, ahamya ko Past Budirigi Herman imbere y’abakozi b’Indembo z’ADEPR mu Majyepfo yateruye amagambo atari afite aho ahuriye n’inyigisho zahatangirwaga.

Ati: “Yaravuze ngo hari akagabo kaba i Muhanga kiyita ko kacitse ku icumu, ndetse ko inzego z’Ubuyobozi  zakabwiye ko nta muntu wo mu Muryango we wazize Jenoside ndetse zimubaza impamvu yiyita uwarokotse n’aho abivana.”

Pasiteri Kalisa yavuze ko mu buhamya yahawe n’abari bahari, buvuga ko yageze n’ubwo abaza abo bakozi niba uwo yavugaga bamuzi baraceceka nyuma aza kwerura aramuvuga.

Uyu mu Pasitori usanzwe abarizwa mu cyiciro cy’abarokotse Jenoside, avuga ko ategereje kurenganurwa binyuze ‘mu nzira z’Ubumwe n’ubwiyunge.’

Uvugwaho ayo magambo ati: ‘ Ntabyo navuze…’

Past Budigiri Herman avuga ayo magambo ko nawe ayumvana abantu batandukanye.

Yagize ati: “Nanjye ni uko mbyumva gusa Pasiteri  Kalisa yaranyandikiye abimbaza ariko ni ukunsebya ntabyo navuze.”

Icyakora hari abakozi bo mu Itorero ADEPR bakurikiranye ayo mahugurwa babwiye bagenzi bacu bo ku UMUSEKE ko koko ariya magambo yavuzwe na Budigiri.

Ngo bamwe bahise basohoka baritahira.

Umwe yagize ati “Ayo magambo yayavuze ari saa saba amahugurwa yari agiye gusoza.”

Umushumba mukuru w’ADEPR  Pasiteri  Ndayizeye Isaïe  yabwiye umunyamakuru wamuhamagaye amubaza iby’iyo ngengabitekerezo ivugwa ku mushumba w’i Muhanga, undi asubiza ko ayo magambo ‘atavuzwe.’

IBUKA igiye kubijyamo

Perezida wa IBUKA  Nkuranga Egide avuga ko nta kopi y’ibaruwa ya Pasiteri wasabaga ko ikibazo cye cyakurikiranwa  bigeze babona.

Ati: “Maze gusoma inyandiko nsanga nta makuru nari mbifiteho nsabye Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa IBUKA ko tubikurikirana nsanze niba iki kibazo ari uko kimeze yaramuhungabanyije nzabaha igisubizo vuba…”

Nkuranga avuga ko bagiye kureba imiterere ya kiriya kibazo, kigakurikiranwa.

 

TAGGED:featuredIngengabitekerezoMuhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amag The Black Avuga Ko Indangagaciro Ze Zitamwemerera Kurwana
Next Article Intiti Ikomeye Mu Mateka Y’u Rwanda Padiri Bernardin Muzungu YATABARUTSE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?