Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Arakurikiranira Hafi Umuhati Wo Kwita Ku Biciwe N’Ibiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Arakurikiranira Hafi Umuhati Wo Kwita Ku Biciwe N’Ibiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 May 2023 7:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Paul Kagame
SHARE

Umukuru w’u Rwanda yafashe mu mugongo ababuriye ababo mu biza byibasiye u Rwanda mu masaha 48 ashize, byaguyemo abantu 127. Yavuze ko ari gukurikiranira hafi uko ibikorwa byo kugoboka abiciwe bakanasenyerwa n’ibiza biri kugenda.

Yatangarije kuri Twitter ko mu bihe nk’ibi ari ngombwa ko abantu bafatana mu mugongo, buri wese agaha ubufasha mugenzi we.

Perezida Kagame yasabye ababuze ababo gukomera kandi avuga ko Leta izababa hafi uko bishoboka kose.

U Rwanda rwashyizeho itsinda ryihariye rishinzwe ubutabazi.

Abarigize bagizwe n’abakozi ba Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, aba Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi, aba Minisiteri y’ibidukikije, Polisi, ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego.

Kuri uyu  wa Kane mu Ntara y’i Burengerazuba haratangizwa ibikorwa byo kwimura abatuye ahantu hashobora kuzabashyira mu kaga imvura nikomeza kugwa.

Ikindi ni uko buri muryango wabuze abantu uzahabwa Frw 100,000 kuri buri muntu wapfuye, bigakorwa mu rwego rwo kubaremera ngo bongere bagure iby’ibanze bakenera mu buzima.

Bamwe mu batuye Akarere ka Karongi kari mu twibasiwe n’inkangu barajwe mu nsengero no ku bigo by’amashuri hirindwa ko barara mu ngo zabo  bakaba bahahurira n’ibibazo imvura yongeye kugwa.

Indi wasoma ijyanye n’iki kibazo:

Rwanda:Abahitanywe N’Imvura Bamaze Kuba 129, Imiryango Yabo Igiye Gushumbushwa

TAGGED:featuredIbizaIntaraKagameUbutabazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda:Abahitanywe N’Imvura Bamaze Kuba 129, Imiryango Yabo Igiye Gushumbushwa
Next Article U Rwanda Rurashaka Kongera Ingengo Yarwo Y’Imari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?