Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Arasura Mauritania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Arasura Mauritania

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2022 9:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo gusura Senegal akifatanya na bagenzi ari bo Macky Sall wa Senegal na Recip Erdogan wa Turikiya ubwo bafunguraga Stade ngari cyane yitiriwe Abdoulaye Wade yuzuye muri Senegal, Perezida Kagame arajya muri Mauritania guhura na mugenzi we uyobora iki gihugu witwa Mohamed Ould Ghazouani.

N’ubwo Perezida Kagame yigeze kugera muri kiriya gihugu akiri Perezida w’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe, nibwo bwa mbere agiye yo nka Perezida w’u Rwanda usuye mugenzi we ngo baganire ku mubano n’inyungu z’ibihugu byombi.

Bimwe mubyo Abakuru b’ibihugu byombi bari buganire ho nk’uko byanditswe na Jeune Afrique ni ibibazo biri mu Karere ka Sahel Mauritania iherereyemo.

Ikindi bari buganireho ni ibibazo biri muri Mali.

Amakuru y’ibyo Abakuru b’ibi bihugu bari buganireho Jeune Afrique yayahawe na bamwe mu bakora mu Biro by’Umukuru w’igihugu muri Mauritania.

Perezida Kagame yigeze  guhura na Mohamed Ould Ghazouani  ubwo bari bitabiriye Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yabaye muri Nzeri, 2019, icyo gihe hakaba hari hashize igihe gito Mohamed Ould Ghazouani agiye ku butegetsi asimbuye Mohamed Ould Abdelaziz.

Uyu yabuvuyeho muri Nyakanga uwo mwaka.

Muri Gicurasi, 2021 nabwo bahuriye mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa, byitwa Élysée, icyo gihe bakaba bari bakiriwe ku meza na Perezida Emmanuel Macron.

Mauritania: Igihugu gituranye n’Inyanja N’Ubutayu…

Mauritania igihugu gikora ku Nyanja no ku Butayu

Iki gihugu giherereye mu Majyaruguru ashyira u Burengerazuba bw’Afurika.

Gituranye na Mali, Algeria na Sahara y’i Burengerazuba. Ni igihugu cya 11 mu bunini mu bigize Afurika kandi 90% byacyo ni Ubutayu bwa Sahara.

Gituwe n’abaturage Miliyoni 4.4 biganje mu mijyi cyane cyane mu Murwa mukuru Nouakchott.

Abatuye iki gihugu biganjemo abo mu bwoko bw’aba Berber, ariko ubwoko bw’aba baturage buba no muri Maroc na Algeria.

Abafaransa nibo bagikoronije ariko kiza kubona ubwigenge mu mwaka wa 1960.

Politiki yacyo yakunze kurangwa n’ibibazo bitandukanye byanateraga za coup d’états zitandukanye iheruka ikaba yarabaye mu mwaka wa 2008.

Ikindi ni uko iki gihugu gikize ku butunzi kamere ariko kubera ibibazo bya politiki kikaba kidatera imbere.

TAGGED:AbakurufeaturedKagameMaliMauritaniaSahel
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sena Irashaka Ko Minisitiri W’Intebe Ayisobanurira Icyo Leta Iteganya Ku Bibazo Biri ‘Mu Midugudu’
Next Article Umwuka Mubi Wongeye Kubura Hagati Ya Sudani Na Ethiopia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?