Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Ari Mu Ruzinduko Mu Bufaransa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Ari Mu Ruzinduko Mu Bufaransa

admin
Last updated: 16 May 2021 11:46 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yageze i Paris mu Bufaransa, aho azitabira inama mpuzamahanga kuri Sudan n’indi izibanda ku gushyigikira ubukungu bwa Afurika muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Inama yo kuri uyu wa Mbere izitabirwa n’abakuru b’ibihugu byinshi hagamijwe gushaka uburyo bwo gushyigikira guverinoma ya Sudan iyobowe na Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok guhera mu 2019, ubwo Perezida Omar al-Bashir yari amaze guhirikwa.

Hamdok yabwiye AFP ko iyi nama ishobora kubafasha kuba bahagarikiwe ideni rya miliyari $60 muri uyu mwaka, ndetse abashoramari bakabasha kubona amahirwe bashoramo imari muri Sudan.

Iyo nama izakurikirwa n’indi izaba ku wa Kabiri yiga ku bukungu bw’ibihugu bya Afurika, harebwa uko bwabasha kurenga ingaruka za COVID-19.

Ni inama izaba ireba uburyo bwo kuziba icyuho kigera kuri miliyari $290 kizaba kimaze guterwa n’ingaruka za COVID-19 mu bikorwa bigamije iterambere muri Afurika, kugeza mu 2023.

Ibihugu bitanga inguzanyo nyinshi bihuriye mu cyitwa Paris Club no muri G20, mu mwaka ushize byemeje ko ibihugu bikennye biba bihagarikiwe kwishyura inguzanyo byahawe, kugira ngo bibashe guhangana na COVID-19. Gusa ibyo bifatwa nk’ibidahagije.

Ibihugu byinshi byifuza ko izo ngamba zakongererwa igihe mu gihe iki cyorezo kigihari.

Mbere y’uko iyi nama itangira, Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Ikigega mpuzamahanga cy’Imari, IMF, Kristalina Georgieva.

Yanagiranye ibiganiro na Perezida wa Ethiopia, Sahle Work Zewde. Icyo gihugu gifitanye na Sudan ibibazo bikomeye bijyanye n’ikoreshwa ry’amazi ya Nil, Ethiopia yubatseho urugomero rwa rutura.

Byitezwe ko Perezida Kagame azanifashisha uru ruzinduko mu kurushaho guteza imbere umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa umaze igihe utifashe neza.

Biteganywa ko azagirana ibiganiro n’abayobozi ku ruhande rw’u Bufaransa, n’abasirikare b’icyo gihugu bari mu Rwanda kugeza mu 1994.

Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na Perezida wa Ethiopia
TAGGED:Emmanuel MacronfeaturedPaul Kagameu Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tuzajyana Abanyarwanda Ku Kwezi, Nabanje Kuba Umunyamakuru…-Ikiganiro na Ambasaderi wa Israel
Next Article Abayahudi Bapfiriye Mu Isinagogi Bongereye Agahinda Israel Ifite
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?