Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Asaba Ko Umuyobozi Udashoboye Ava Mu Kazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Asaba Ko Umuyobozi Udashoboye Ava Mu Kazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2024 3:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yarangizaga Inama y’igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 19, Perezida Kagame yongeye gusaba ko abayobozi ba baringa bavanwa mu nshingano.

Yasabye abayobozi kumenya ko akazi bakora ari ak’Abanyarwanda bityo ko bakwiye kugakora neza uko bakiyemeje.

Perezida Kagame avuga ko ubusanzwe kugira ngo igihugu gikore neza ari ngombwa ko abayobozi bakorana, bagahanahana amakuru, abantu bakareka kuba ba nyamwigendaho.

Ati: “Akenshi usanga abantu batavugana kandi ibi ni ikibazo kubera ko nta Minisiteri yakemura ikibazo yonyine.”

Ahereye kuri iyi ngingo yabwiye abayobozi ko badakwiye kujya bacumbikisha gukemura ibibazo ngo bizakemurirwa mu nama.

Izo nama ngo ziraterana ariko ugasanga abazitabiriye nta kintu kinini bazemerejemo.

Mu ijambo rye kandi Perezida Kagame yabwiye Abanyarwanda ko badakwiye kumva ko hari uzaza kubageza kure mu iterambere mbere bifuza ahubwo ngo bakwiye ubwabo gukora bakigeza kure kandi bakahagera vuba.

Perezida Kagame yashimye ko Umushyikirano wa 19 wagenze neza kurusha urihuta ndetse ngo kurusha iyawubanjirije.

Yabwiye abayobozi ko ibyo babonye bidasobanutse bakwiye kubikosora kugira ngo bitazagarukwaho mu mwiherero utaha.

TAGGED:AbayobozifeaturedInamaKagameUmushyikirano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Min Utumatwishima Yabwiye Perezida Kagame Ubutumwa Yahawe N’Urubyiruko
Next Article Huye-Rulindo-Muhanga: Abayobozi Banditse Basezera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?