Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Avuga Ko Umunyarwanda Adahezwa Mu Iterambere Rimugenewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Avuga Ko Umunyarwanda Adahezwa Mu Iterambere Rimugenewe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 November 2022 6:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yahaye Televiziyo mpuzamahanga y’Abashinwa yitwa CGTN( China Global Television Network), Perezida Kagame yavuze ko mu ntego zose u Rwanda ruharanira kugeraho, rukora k’uburyo Umunyarwanda aba ku isonga.

Yasubizaga ikibazo cy’uburyo u Rwanda rwageze kandi rugiharanira kugera ku ntego z’iterambere  rwihaye mu bihe bitandukanye.

Ibyo byerekezo birimo n’icya 2050 aho Umunyarwanda biteganyijwe ko  azaba yinjiza nibura miliyoni Frw 12 ku mwaka ni ukuvuga $12,000.

Perezida Kagame yabwiye abari bakurikiye iriya televiziyo ko urugendo rwo kugera ku iterambere u Rwanda rwifuza binyuze mu byerekezo bitandukanye  rwiha, rugerwaho binyuze mu gushyira inyungu z’umuturage imbere, agahabwa ibikorwa remezo, akiga, agacungirwa umutekano n’ibindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi kandi biri no mu bizatuma icyerekezo 2050 nacyo kigerwaho.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati: “Twashyize imbaraga mu iterambere ry’abaturage bacu, twarabigishije n’ubu biracyakorwa kandi hari n’ibindi byo gukorwa.”

Avuga ko u Rwanda  rwashoye imari mu bijyanye n’ubuzima, ibikorwaremezo by’ingenzi, u Rwanda rwashoye  imari mu ikoranabuhanga rurigeza no mu bice bitandukanye byarwo.

Yabwiye CGTN ko Abanyarwanda bazi neza icyo Leta ibagomba n’uruhare rwabo kugira ngo kigerweho.

Kagame yavuze ko ibi ari ibintu u Rwanda rumaranye imyaka 20 ari nabyo byarugejeje ku ntego rwari rwarihaye mu mwaka wa 2020 ubu rukaba rurangamiye icyerekezo cya 2050.

- Advertisement -

Icyakora avuga ko hari ibitaragezweho 100% ariko ngo kuba byaragezweho hagati ya 80% na 85% ni ibyo kwishimira.

Iyo 20% cyangwa 25% itaragezweho hari amasomo yasigiye Abanyarwanda bagomba gukosora.

Hagati aho Perezida Kagame avuga ko intego nkuru u Rwanda rufite ari ukuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere ku rugero ruringaniye (Upper Middle Income Country) bitarenze umwaka wa  2035 no kuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere cyane (High Income Country) bitarenze  2050.

Iteganyamigambi rivuga ko mu 2035, umusaruro mbumbe w’imbere mu gihugu ubariwe ku muturage (amafaranga umuturage azaba yinjiza) uzaba urenze $4.036 ni Miliyoni Frw 4 zirengaho amafaranga macye n’aho mu mwaka wa 2050, Umunyarwanda akazaba yinjiza $ 12,476 ni ukuvuga Miliyoni Frw 12.

Kugira ngo ibyo byose bigerweho, Perezida Kagame avuga ko umuturage azabigiramo uruhare kuko n’ibyagezweho kugeza ubu nabyo yabigizemo uruhare mu buryo runaka.

Kagame ati: “Imiyoborere yacu yubakiye ku kumva inshingano zacu, guhangana n’ibibazo bitwugarije ariko mbere ya byose gushyira abaturage ku isonga ya buri kintu cyose dukora.”

Avuga ko abayobozi b’u Rwanda bahora bibaza impinduka zikenewe mu baturage izo ari zo, igikenewe ngo zigerweho, ubushobozi buhari, ubudahari n’icyakorwa ngo buboneke kandi byose ntibisige umuturage inyuma.

Ku ngingo y’uko u Rwanda hari aho rutubahiriza uburenganzira bwa muntu, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwo rukora ibyo rubona ko birukwiriye, mu nyungu zarwo.

Yabaye nk’uvuga ko hari abantu ba ntamunoza.

Yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 hari ibyo  banengaga ariko uyu munsi bakirengagiza impinduka zose zimaze kuba mu myaka 28 ishize zishingiye ku byo u Rwanda rwakoze muri icyo gihe bikagira umusaruro.

Ati…[bakaba] bagitunga urutoki ibyo bashaka, bisobanuye ko nta mpinduka n’imwe babona yabayeho, ibi rero bikwereka ko hari ikibazo kuri abo bahora banenga gusa, intego yabo ni ukugushyira hasi, bakagushyira aho uzahora ubuziraherezo.’’

Indi ngingo yagarutseho ni uburyo Afurika igifatwa nk’igice cy’ibibazo gusa.

Yavuze ko Afurika imaze gutera imbere ndetse ko ikomeje gushyira hamwe.

Kagame yavuze ko isi ishatse yabona Afurika nk’umugabane w’ibisubizo kubera ko muri iki gihe utuwe n’abaturage benshi bashobora kubera isoko ibihugu byinshi.

Ngo  abayituye bajya kungana mu mubare w’abatuye u Bushinwa bityo ko Afurika ikwiye kubyazwa umusaruro.

TAGGED:BushinwafeaturedKagameRwandaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbeba Zariye Urumogi Polisi Yari Bushyire Urukiko Mu Rubanza
Next Article DRC: Umuyobozi Wungirije W’Ingabo Muri Butembo Yarurokotse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?