Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abaturage Ba Namibia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abaturage Ba Namibia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 February 2024 9:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri X Perezida Kagame yaraye ahanditse ubutumwa bwo gufata mu mugongo abaturage ba Namibia kuri iki Cyumweru taliki 04, Gashyantare, 2024 babuze Perezida wabo watabarutse azize cancer.

Perezida wa Namibia Hage Gottfried Geingob yatarutse afite imyaka 82 y’amavuko.

Kagame kuri X yanditse ko yihanganishije umufasha wa Perezida wa Namibia witwa Monica Geingob hamwe n’abanya Namibia bose kubera itabaruka ry’umuvandimwe n’inshuti ye Hage Geingob.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko Geingob mu buzima bwe yaharaniye ko Namibia yigenga kandi igatera imbere ndetse aba mu bantu bahozaga imbere igitekerezo cy’ubumwe n’ubwigenge by’abanya Afurika.

Hage Gottfried Geingob ari mu barwanye urugamba rwo kubohora Namibia.

Perezida Kagame na Geingob

Kagame yavuze ko umuhati we uzahora wibuka iteka muri Afurika no muri Namibia by’umwihariko.

Geingob yavutse taliki 03, Kanama, 1941. Yari Perezida wa gatatu wa Namibia kuva yabona ubwigenge yigobotoye Abadage.

Taliki 21, Werurwe, 2015 nibwo yabaye Perezida wa Namibia none apfuye afite imyaka  82 y’amavuko.

Yagiye ku butegetsi asimbuye Hifikepunye Lucas Pohamba.

Yayoboraga ishyaka riri ku butegetsi ryitwa SWAPO.

TAGGED:CancerfeaturedGeingobKagameNamibiaUburwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Yiyemeje Kugura Amata Yari Yarabuze Isoko Agahabwa Abanyeshuri
Next Article Perezida ‘W’Agateganyo’ Wa Namibia Yarahiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?