Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2025 7:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika yatangaje ko we n’umuryango we bamenye inkuru mbi ko Ambasaderi Dr. Aisa Kirabo Kacyira yitabye Imana kandi ko bifatanyije n’umuryango we n’Abanyarwanda bose muri rusange muri iki gihe cy’akababaro.

Iby’urupfu rwa Kirabo byamenyekanye kuwa 12, Kanama, 2025.

Yakoze byinshi mu Rwanda no mu mahanga akaba yarazize uburwayi yari amaranye igihe.

Yatabarutse afite imyaka 61 y’amavuko akaba yashyinguwe kuri uyu wa Kabiri Tariki 19, Kanama, 2025 mu irimbu rya Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Ubwo yasezerwagaho bwa nyuma mu muhango wo kumusengera bwa nyuma wabereye mu Itorero rya Christian Life Assembly [CLA] yari abereye umunyamuryango, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars nibwo yagejeje kubo mu muryango we ubutumwa bwa Perezida Kagame bw’uko umuryango we wababajwe n’urupfu rwa Kirabo.

Gasamagera ati: “Ku muryango wa nyakwigendera Dr. Aissa Kirabo Kacyira. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika n’Umuryango we bamenye inkuru mbi ko Dr. Aissa Kirabo Kacyira yitabye Imana. Bifatanyije n’umuryango we n’Abanyarwanda bose muri rusange muri iki gihe cy’akababaro. Ubuzima bwa Dr. Aisa Kirabo Kacyira bwaranzwe n’ubutwari, umurimo unoze no gukunda igihugu”.

Ati: “Nk’umukozi wa Leta mu Rwanda ndetse no mu nshingano zitandukanye yagiye ahabwa mu ruhando mpuzamahanga, yakomeje kurangwa no guharanira agaciro n’imibereho myiza y’abaturage. Abanyarwanda bazahora bamwibukira ku kwitanga atizigama nk’umurage adusigiye.”

Yakomeje asoma agira ati “Nyakubakwa Perezida wa Repubulika n’Umuryango we bahumurije umuryango we wose muri ibi bihe bitoroshye. Babifurije gukomera no gukomeza kuvoma imbaraga mu bikorwa byiza byaranze ubuzima bwa Dr Kacyira. Imana imuhe iruhuko ridashira”.

Nyakwigendera yakoze mu bihugu bitandukanye birimo Benin, Togo, Sierra Leone, Côte d’Ivoire, Liberia na Somalia aho yaguye azize uburwayi.

Kuva mu mwaka wa 2023, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yagize Kacyira Umuyobozi w’Ibiro by’uyu muryango bishinzwe gushyigikira ubutumwa bw’amahoro muri Somalia (UNSOS).

Ambasaderi Kacyira yari afite impamyabushobozi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye na ’Veterinary Science in Animal Production and Economics’ yakuye muri Kaminuza ya James Cook muri Australia, n’iy’icyiciro cya kabiri mu buvuzi bwa ’Veterinary Medicine’ yakuye muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda.

TAGGED:featuredKacyiraKagameKiraboKumushyinguraPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?