Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Ikomeye Muri Aziya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Ikomeye Muri Aziya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 September 2024 6:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame yaraye aganiriye na Jin Liqun  uyobora Banki ya Aziya iteza imbere ishoramari mu bikorwa remezo yitwa mu Cyongereza Asian Infrastructure Investment Bank (AIIB).

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda  Village Urugwiro bivuga ko Perezida Kagame na Jin Liqun baganiriye ku mikoranire ihari muri iki gihe no mu gihe kizaza  hagati y’u Rwanda n’iyi Banki.

Kugeza ubu imikoranire hagati y’u Rwanda n’iyi Banki ishingiye k’uguteza imbere ikoranabuhanga, kugera kuri serivisi z’imari no kunoza urwego rw’ingufu.

Ibiganiro bya mbere hagati ya Perezida Kagame n’ubuyobozi bw’iyi Banki byabereye muri Kenya ubwo yari mu Nama yari yateguwe na Banki Nyafurika y’Iterambere (AfDB).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyakora imikoranire y’u Rwanda n’iyi Banki yatangiye mu mwaka wa 2019 ubwo rwabaga umunyamuryango wayo, icyo gihe u Rwanda rukaba rwaremerejwe mu nama y’ubutegetsi ngarukamwaka ya kane y’iyo banki, yaberaga muri Luxembourg.

Ni nabwo Bénin na Djibouti nabyo byabaye umunyamuryango.

Gushingwa kw’iyi Banki kwabaye mu mwaka wa 2015 ku gitekerezo cy’Ubushinwa.

Ifite imari shingiro ya miliyari $100 ni ukuvuga kimwe cya kabiri cy’imari shingiro ya Banki y’Isi.

Ni Banki ikomeye cyane ku buryo ivugwaho kuba yahangana ku isoko ry’imari mpuzamahanga n’ibindi bigo nka Banki y’isi n’Ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF.

- Advertisement -
Jin Liqun

Kugeza muri uyu mwaka, iyi banki imaze gutanga inguzanyo zirenga miliyari $ 8.5 mu bihugu binyamuryango, ikaba ahanini ishorwa mu kubaka imishinga 46 y’ibikorwa remezo.

TAGGED:BankifeaturedImariKagameUbushinwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore B’I Shyogwe Bashyiriweho Isaha Batarenza Bari Mu Kabari
Next Article Polisi Irasaba Abamotari Kugira Isuku
1 Comment
  • Isma says:
    05 September 2024 at 8:16 am

    Ni byiza cyane ndizera ubutaha IMF nizindi zizagenda buhoro mu kudutegeka icyo tugomba gukora. Ntureba abandi bayobozi ureke babandi bagenda mundege badahinduye nibyi bavanye iwabo hafi amasaha 24hrs y’urugendo ukibaza icyabajyanye? Guhangana gusa bitagira umumaro nicyo baremewe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?