Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yagarutse Ku Kamaro K’Ikinyarwanda Mu Miyoborere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yagarutse Ku Kamaro K’Ikinyarwanda Mu Miyoborere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 March 2023 4:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yanenze abayobozi bitwara nk’aba stars bakagoreka Ikinyarwanda kugira ngo bagere ku cyo bashaka. Yatsindagirije ko Ikinyarwanda ari ururimi abayobozi bagomba kumenya kandi bakarukoresha.

Yashimye abo mu nzego z’ibanze cyane cyane ab’utugari ko bo bazi Ikinyarwanda ariko asaba abayobozi bo mu nzego zisumbuye ho kumenya ururimi rw’igihugu cyabo.

Ibi abigarutseho ku nshuro ya kabiri kubera ko no mu Nama y’igihugu y’Umushyikirano yasabye umunyamakuru Cleophas Barore kuzigisha abayobozi Ikinyarwanda.

Barore yamusubije ko hari bamwe muri [bo] bitwaza ko kuvuga indimi z’amahanga bishingiye ku mateka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kagame yavuze ko iby’amateka byumvikana ariko bitagombye guherana umuntu.

Ati: ” Amateka se bizakomeza gutyo kugeza ryari?”

Yanenze n’abandi bazi Ikinyarwanda bakivuga nabi mu buryo butarimo ikibonezamvuga nyarwanda.

Yabahaye urugero rw’uko batavuga ‘amaka’ ahubwo bavuga ‘inka’, avuga ko bavuga ‘ubukwe’ batavuga ‘amakwe’.

Perezida Kagame avuga ko batavuga ngo ‘ntago’ ahubwo bavuga ‘ntabwo.’

- Advertisement -

Ikindi kandi ngo Abanyarwanda bagomba kumenya igisobanuro nyacyo n’itandukaniro hagati y’inshinga ‘gusoza’ n’inshinga ‘kurangiza’.

Muri rusange Perezida Kagame yavuze ko kumenya Ikinyarwanda ari inshingano za buri Munyarwanda kandi ko kukimenya biri mu nyungu zabo.

TAGGED:AbayobozifeaturedIkinyarwandaKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Minisiteri Ba Minisitiri Batavugana- Perezida Kagame
Next Article Rwanda: Abasirikare 2,430 Bazamuwe Mu Ntera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?