Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yagarutse Ku Kamaro K’Ikinyarwanda Mu Miyoborere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yagarutse Ku Kamaro K’Ikinyarwanda Mu Miyoborere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 March 2023 4:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yanenze abayobozi bitwara nk’aba stars bakagoreka Ikinyarwanda kugira ngo bagere ku cyo bashaka. Yatsindagirije ko Ikinyarwanda ari ururimi abayobozi bagomba kumenya kandi bakarukoresha.

Yashimye abo mu nzego z’ibanze cyane cyane ab’utugari ko bo bazi Ikinyarwanda ariko asaba abayobozi bo mu nzego zisumbuye ho kumenya ururimi rw’igihugu cyabo.

Ibi abigarutseho ku nshuro ya kabiri kubera ko no mu Nama y’igihugu y’Umushyikirano yasabye umunyamakuru Cleophas Barore kuzigisha abayobozi Ikinyarwanda.

Barore yamusubije ko hari bamwe muri [bo] bitwaza ko kuvuga indimi z’amahanga bishingiye ku mateka.

Kagame yavuze ko iby’amateka byumvikana ariko bitagombye guherana umuntu.

Ati: ” Amateka se bizakomeza gutyo kugeza ryari?”

Yanenze n’abandi bazi Ikinyarwanda bakivuga nabi mu buryo butarimo ikibonezamvuga nyarwanda.

Yabahaye urugero rw’uko batavuga ‘amaka’ ahubwo bavuga ‘inka’, avuga ko bavuga ‘ubukwe’ batavuga ‘amakwe’.

Perezida Kagame avuga ko batavuga ngo ‘ntago’ ahubwo bavuga ‘ntabwo.’

Ikindi kandi ngo Abanyarwanda bagomba kumenya igisobanuro nyacyo n’itandukaniro hagati y’inshinga ‘gusoza’ n’inshinga ‘kurangiza’.

Muri rusange Perezida Kagame yavuze ko kumenya Ikinyarwanda ari inshingano za buri Munyarwanda kandi ko kukimenya biri mu nyungu zabo.

TAGGED:AbayobozifeaturedIkinyarwandaKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Minisiteri Ba Minisitiri Batavugana- Perezida Kagame
Next Article Rwanda: Abasirikare 2,430 Bazamuwe Mu Ntera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu Rwanda

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?