Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yagarutse K’Ubufatanye Bwa FPR-Inkotanyi N’Andi Mashyaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yagarutse K’Ubufatanye Bwa FPR-Inkotanyi N’Andi Mashyaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 October 2022 3:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufatanya kubaka igihugu, FPR-Inkotanyi nk’umuryango wabohoye u Rwanda ariko ugamije ko buri wese agira uruhare mu kurusana no kurwubaka, wemeye ko amashyaka yose ataragize uruhare muri Jenoside awiyungaho.

Ni muri ubu buryo hashyizweho ihuriro ry’ayo mashyaka kugira ngo nayo azane ibitekerezo byayo byubake u Rwanda.

Iyi ngingo iri muzo Perezida Kagame yaraye agarutseho mu kiganiro yatanze ubwo yatangizaga Inama yaguye y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Yavuze ko aho waba uturuka hose, icyo waba utekereza cyose kandi ufitiye uburenganzira, hari aho uhurira n’Umuryango FPR-Inkotanyi  ‘byanze bikunze.’

Perezida Kagame aganira na Tito Rutaremara

Perezida Kagame ati: “ Aha mbere ni mu mitwe ya politiki dukorana nayo, duhurira muri Guverinoma, duhurira muri Parliament… Icy’ingenzi ahandi duhurira ni iki gihugu cyacu.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko icyo RPF yifuza kugeza ku gihugu nk’umusanzu wa RPF n’abandi buriya niho bashaka ko kigana.

Ngo aho  FPR-Inkotanyi yaba itandukanye n’indi mitwe ni uburyo bateganya bwageza igihugu aho kigana.

Yibajije ati: “Ese hari umutwe wa Politiki ushingiye k’ukwimakaza ruswa?

Kagame avuga ko n’ubwo buri mutwe wa Politiki wagira uko wumva ibintu byakorwa kugira ngo igihugu kigere ahantu runaka, icy’ingenzi ni ineza y’u Rwanda.

Avuga ko guhuza ibitekerezo bitandukanye byubaka kandi biri mu ntezo z’iterambere ry’u Rwanda ari ibyo gushimirwa kandi ngo nabo bakwiye gutegwa amatwi.

Umukuru w’u Rwanda kandi yabwiye abari bamuteze amatwi bagize ubuyobozi bukuru bwa FPR-Inkotanyi ko ibiri kubera mu isi muri iki gihe, byagombye kubera u Rwanda urugero kugira ngo rufate ingamba hakiri kare.

Ni ingamba avuga ko zazarurinda guhura n’ibibazo rwahuye nabyo mu minsi ishize birimo kubura ibinyampeke nk’ingano ngo ni uko izavaga ahandi( muri Ukraine) zahagaze.

Ngo ntibikwiye ko ibibazo bibera ahandi bigira ingaruka ku buzima bw’Abanyarwanda nk’aho ntacyo  bakora ngo babyirinde.

Perezida Kagame ashima uko Abanyarwanda bitwaye ubwo COVID-19 yageraga mu Rwanda, kandi ngo ibi byagombye no kuzakomeza no mu bihe biri imbere, Abanyarwanda bakishakamo ibisubizo.

Asaba Abanyarwanda n’abayobozi muri rusange gushyiraho uburyo bwo kwirinda ko nihaba ikindi kibazo, abaturage batazongera kwicwa n’inzara.

TAGGED:AbanyarwandaAmashyakafeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biyemeje Guhugura Abanyarwanda Ku Buhinzi N’Imitunganyirize Y’Ibiribwa Igezweho
Next Article Rwanda: 35% By’Ibyemezo By’Inkiko Nibyo Bishyirwa Mu Bikorwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?