Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yagarutse K’Ubufatanye Bwa FPR-Inkotanyi N’Andi Mashyaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yagarutse K’Ubufatanye Bwa FPR-Inkotanyi N’Andi Mashyaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 October 2022 3:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufatanya kubaka igihugu, FPR-Inkotanyi nk’umuryango wabohoye u Rwanda ariko ugamije ko buri wese agira uruhare mu kurusana no kurwubaka, wemeye ko amashyaka yose ataragize uruhare muri Jenoside awiyungaho.

Ni muri ubu buryo hashyizweho ihuriro ry’ayo mashyaka kugira ngo nayo azane ibitekerezo byayo byubake u Rwanda.

Iyi ngingo iri muzo Perezida Kagame yaraye agarutseho mu kiganiro yatanze ubwo yatangizaga Inama yaguye y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Yavuze ko aho waba uturuka hose, icyo waba utekereza cyose kandi ufitiye uburenganzira, hari aho uhurira n’Umuryango FPR-Inkotanyi  ‘byanze bikunze.’

Perezida Kagame aganira na Tito Rutaremara

Perezida Kagame ati: “ Aha mbere ni mu mitwe ya politiki dukorana nayo, duhurira muri Guverinoma, duhurira muri Parliament… Icy’ingenzi ahandi duhurira ni iki gihugu cyacu.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko icyo RPF yifuza kugeza ku gihugu nk’umusanzu wa RPF n’abandi buriya niho bashaka ko kigana.

Ngo aho  FPR-Inkotanyi yaba itandukanye n’indi mitwe ni uburyo bateganya bwageza igihugu aho kigana.

Yibajije ati: “Ese hari umutwe wa Politiki ushingiye k’ukwimakaza ruswa?

Kagame avuga ko n’ubwo buri mutwe wa Politiki wagira uko wumva ibintu byakorwa kugira ngo igihugu kigere ahantu runaka, icy’ingenzi ni ineza y’u Rwanda.

Avuga ko guhuza ibitekerezo bitandukanye byubaka kandi biri mu ntezo z’iterambere ry’u Rwanda ari ibyo gushimirwa kandi ngo nabo bakwiye gutegwa amatwi.

Umukuru w’u Rwanda kandi yabwiye abari bamuteze amatwi bagize ubuyobozi bukuru bwa FPR-Inkotanyi ko ibiri kubera mu isi muri iki gihe, byagombye kubera u Rwanda urugero kugira ngo rufate ingamba hakiri kare.

Ni ingamba avuga ko zazarurinda guhura n’ibibazo rwahuye nabyo mu minsi ishize birimo kubura ibinyampeke nk’ingano ngo ni uko izavaga ahandi( muri Ukraine) zahagaze.

Ngo ntibikwiye ko ibibazo bibera ahandi bigira ingaruka ku buzima bw’Abanyarwanda nk’aho ntacyo  bakora ngo babyirinde.

Perezida Kagame ashima uko Abanyarwanda bitwaye ubwo COVID-19 yageraga mu Rwanda, kandi ngo ibi byagombye no kuzakomeza no mu bihe biri imbere, Abanyarwanda bakishakamo ibisubizo.

Asaba Abanyarwanda n’abayobozi muri rusange gushyiraho uburyo bwo kwirinda ko nihaba ikindi kibazo, abaturage batazongera kwicwa n’inzara.

TAGGED:AbanyarwandaAmashyakafeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biyemeje Guhugura Abanyarwanda Ku Buhinzi N’Imitunganyirize Y’Ibiribwa Igezweho
Next Article Rwanda: 35% By’Ibyemezo By’Inkiko Nibyo Bishyirwa Mu Bikorwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?