Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakiriye Ambasaderi W’u Bwongereza Wasoje Manda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yakiriye Ambasaderi W’u Bwongereza Wasoje Manda

admin
Last updated: 02 June 2021 4:06 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yakiriye ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Joanne Lomas, wageze ku musozo wa manda ye y’imyaka itatu y’ubutumwa yari afite muri iki gihugu.

Lomas yagizwe ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda anashinzwe u Burundi nubwo yari afite ibiro i Kigali, mu Ugushyingo 2017. Yasimbuye William Gelling OBE. Mbere yari ambasaderi muri Namibia kuva muri Nzeri 2015.

Asoje igihe cye mu Rwanda mu gihe u Bwongereza bwamaze kwemeza Omar Daair nk’umusimbura.

U Bwongereza busanzwe ari umufatanyabikorwa ukomeye w’u Rwanda, aho hagati y’umwaka wa 2018/19 inkunga yabwo yari miliyoni £57, mu wa 2019/2020 iba miliyoni £54. Yanyuzwaga mu Kigega Mpuzamahanga cy’Iterambere, DFID, muri Nzeri 2020 cyahujwe n’Ibiro Bishinzwe Ububanyi n’Amahanga na Commonwealth, FCO.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Lomas asoje manda mu gihe u Bwongereza n’u Rwanda bimaze igihe bifatanya ku gutegura inama y’ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth, yagombaga kubera mu Rwanda muri uku kwezi. Yaje gusubikwa kubera ubwandu bwa COVID-19 bukomeje kwiyongera mu bihugu bitandukanye.

Ni mu gihe kuva muri Mutarama uyu mwaka u Bwongereza bwashyize u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu abantu babiturutsemo batemerewe kwinjira ku butaka bwabwo, kubera ubwoko bushya bwa Coronavirus yihinduranyije.

Ni icyemezo u Rwanda rwamaganye ruvuga ko kitashingiwe ku bimenyetso bya gihanga, kuko ubwandu u Bwongereza buvuga ko bwashakaga gukumira butari mu gihugu.

Nyamara hari bwatangiriye muri icyo gihugu buzwi nka B.1.1.7, buheruka guhindurirwa izina bukitwa Alpha ngo hirindwe ko bene ubwo bwoko bukomeza kwitirirwa ibihugu.

Mu mubano w’u Rwanda n’icyo gihugu kandi hakomeje kuvugwa uburyo kidashyira imbaraga mu gukurikirana abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi bihisheyo.

- Advertisement -

Barimo abantu batanu: Vincent Bajinya, Celestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Emmanuel Nteziryayo na Celestin Mutabaruka.

Perezida Paul Kagame yabigarutseho mu butumwa yatanze mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, mu gutangiza icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ku wa 7 Mata.

Yanavuze ko nubwo hemejwe ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, hari ibihugu byakomeje gutsimbarara bishaka ko iba Jenoside yo mu Rwanda. Ibihugu byavuzwe muri ibyo bikorwa ni u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Lomas amaze igihe kirekire mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga. Yatangiye gukora mu biro by’u Bwongereza bishinzwe Ububanyi n’amahanga, Commonwealth n’Iterambere, FCDO, mu 1993.

Yabaye ambasaderi wungirije na Chargé d’Affaires muri Bosnia and Herzegovina hagati ya 2011 – 2015. Yanakoze mu nshingano z’itandukanye i Geneva na Damascus.

Perezida Kagame ari kumwe na Jo Lomas (iburyo) na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Dr Vincent Biruta (ibumoso)
TAGGED:Dr Vincent BirutafeaturedJo LomasOmar DaairPaul Kagameu Bwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Bamwe’ Mu Bapolisi Ba Malawi Bazajya Bahugurirwa Mu Rwanda
Next Article Abakiliya Ba Airtel Bagiye Kujya Bohererezanya Amafaranga Ku Buntu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?