Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakiriye Cardinal Kambanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Perezida Kagame Yakiriye Cardinal Kambanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2021 4:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriye Arkiyepiskopi wa Kigali Antoine Cardinal Kambanda, bagirana ibiganiro byabereye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Gatatu.

Ntabwo ibiro by’umukuru w’igihugu byatangaje ingingo nyamukuru aba bayobozi baganiriyeho. Cardinal Kambanda yari kumwe na Padiri Mukuru wa Paruwasi Saint Michel, Innocent Consolateur.

Gusa Perezida Kagame yakiriye Cardinal Kambanda mu gihe hamaze igihe umushinga wo kubaka Katedarali (Cathédrale) igezweho ya Arkidiyosezi ya Kigali, izubakwa ahahoze gereza ya Nyarugenge benshi bazi nka 1930, nyuma yo kwimurirwa i Mageragere.

Muri Mutarama 2019 nibwo Kiliziya Gatolika yasabye Umukuru w’Igihugu ubufasha mu kubaka Cathédrale ijyanye n’igihe, iza guhabwa kiriya kibanza.

Inyubako isanzwe ya Arkidiyosezi iherereye mu Kiyovu mu Karere ka Nyarugenge, ahubatswe Paruwasi St Michel. Ni iruhande neza rw’urugo rw’umukuru w’igihugu, mu butaka buto ku buryo kuyivugurura cyangwa kuyagura bisa n’ibidashoboka.

Cardinal Kambanda aheruka kuvuga ko nyuma yo guhabwa ikibanza, inyingo y’inyubako nshya yenda kurangira, hakazahita hakurikiraho ibijyanye no kubaka.

Yavuze ko hakirebwa icyo ahubatse Paruwasi St Michel hazakoreshwa.

Hateganywa ko Cathédrale nshya nibura izaba ibasha kwakira abantu ibihumbi bitanu, ikagira n’imbuga nini ku buryo abantu bashobora kuyiteraniramo bagera nko ku bihumbi 20.

Hagati ya Arkidiyosezi ya Kigali na Leta kandi haheruka kuba ibiganiro byagejeje ku ngurane y’ubutaka buri imbere ya Village Urugwiro, byahoze ari ubwa Kiliziya, ari nabwo bwari bwubatswemo Paruwasi ya Kacyiru, ubu yamaze gusenywa.

Musenyeri Kambanda w’imyaka 62, ku wa 25 Ukwakira 2020 nibwo yagizwe Cardinal, urwego rugena icyerekezo cya Kiliya Gatolika ku Isi, ari narwo rutorwamo ndetse rugatora umushumba wayo ku isi, uzwi nka Papa.

Perezida Kagame yakiriye muri Village urugwiro Cardinal Antoine Kambanda
TAGGED:Cardinal KambandafeaturedPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri
Next Article Amasaha Y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine Z’Ijoro, Gyms Zirakomorerwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?