Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakiriye Cardinal Kambanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Perezida Kagame Yakiriye Cardinal Kambanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2021 4:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriye Arkiyepiskopi wa Kigali Antoine Cardinal Kambanda, bagirana ibiganiro byabereye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Gatatu.

Ntabwo ibiro by’umukuru w’igihugu byatangaje ingingo nyamukuru aba bayobozi baganiriyeho. Cardinal Kambanda yari kumwe na Padiri Mukuru wa Paruwasi Saint Michel, Innocent Consolateur.

Gusa Perezida Kagame yakiriye Cardinal Kambanda mu gihe hamaze igihe umushinga wo kubaka Katedarali (Cathédrale) igezweho ya Arkidiyosezi ya Kigali, izubakwa ahahoze gereza ya Nyarugenge benshi bazi nka 1930, nyuma yo kwimurirwa i Mageragere.

Muri Mutarama 2019 nibwo Kiliziya Gatolika yasabye Umukuru w’Igihugu ubufasha mu kubaka Cathédrale ijyanye n’igihe, iza guhabwa kiriya kibanza.

Inyubako isanzwe ya Arkidiyosezi iherereye mu Kiyovu mu Karere ka Nyarugenge, ahubatswe Paruwasi St Michel. Ni iruhande neza rw’urugo rw’umukuru w’igihugu, mu butaka buto ku buryo kuyivugurura cyangwa kuyagura bisa n’ibidashoboka.

Cardinal Kambanda aheruka kuvuga ko nyuma yo guhabwa ikibanza, inyingo y’inyubako nshya yenda kurangira, hakazahita hakurikiraho ibijyanye no kubaka.

Yavuze ko hakirebwa icyo ahubatse Paruwasi St Michel hazakoreshwa.

Hateganywa ko Cathédrale nshya nibura izaba ibasha kwakira abantu ibihumbi bitanu, ikagira n’imbuga nini ku buryo abantu bashobora kuyiteraniramo bagera nko ku bihumbi 20.

Hagati ya Arkidiyosezi ya Kigali na Leta kandi haheruka kuba ibiganiro byagejeje ku ngurane y’ubutaka buri imbere ya Village Urugwiro, byahoze ari ubwa Kiliziya, ari nabwo bwari bwubatswemo Paruwasi ya Kacyiru, ubu yamaze gusenywa.

Musenyeri Kambanda w’imyaka 62, ku wa 25 Ukwakira 2020 nibwo yagizwe Cardinal, urwego rugena icyerekezo cya Kiliya Gatolika ku Isi, ari narwo rutorwamo ndetse rugatora umushumba wayo ku isi, uzwi nka Papa.

Perezida Kagame yakiriye muri Village urugwiro Cardinal Antoine Kambanda
TAGGED:Cardinal KambandafeaturedPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri
Next Article Amasaha Y’Ingendo Yagejejwe Saa Yine Z’Ijoro, Gyms Zirakomorerwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?