Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakiriye Indahiro y’Umucamanza Mushya Mu Urukiko Rw’Ubujurire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Perezida Kagame Yakiriye Indahiro y’Umucamanza Mushya Mu Urukiko Rw’Ubujurire

admin
Last updated: 25 January 2022 3:54 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yakiriye indahiro y’umucamanza mushya mu Urukiko rw’Ubujurire, Mukamurenzi Beatrice, washyizwe muri uwo mwanya n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Ukuboza 2021.

Yari amaze igihe ari Umucamanza mu Urukiko Rukuru, ndetse yari mu nteko yaburanishije urubanza Ubushinjacyaha ruregamo ibyaha by’iterabwoba abantu 21 barimo Paul Rusesabagina, Nabimana Callixte alias Sankara n’abandi.

Perezida Kagame yavuze ko inshingano Mukamurenzi atangiye atari nshya kuri we, icyahindutse ni urwego yakoragamo mu bucamanza.

Ati “Sinshidikanya rero ko azubakira ku mirimo amaze igihe akora, agakomeza gukorera igihugu n’Abanyarwanda uko bikwiye. Izi nshingano ziraremereye mu by’ukuri, kuko ubutabera ari imwe mu nkingi z’ingenzi amajyambere yacu ashingiraho, n’amateka y’igihugu cyacu atwigisha byinshi.”

“Kimwe muri byo ni ukutihanganira kurebera akarengane gakorwa, ahubwo bikaba ngombwa ko dufata iya mbere tukarwanya ako karengane aho kaba kari kose, uwo kaba gakorerwa uwo ari we wese.”

Perezida Kagame yavuze ko kurwanya akarengane ari cyo abantu bose baharaniye guhera mu kwibohora.

Yakomeje ati “Ibyo byose bijyana n’indangagaciro na zo zacu, kudaceceka cyangwa ngo duterere iyo ahagaragaye ibikorwa bibi, tugomba kugira icyo dukora, ngira ngo nicyo ubutabera muri rusange bivuze.”

Perezida Kagame yavuze ko Urukiko rw’Ubujurire ari rumwe mu nzego zashyizweho kugirango imanza zihute, abanyarwanda babone ubutabera bidatinze.

Yashimangiye ko kudatanga ubutabera mu gihe gikwiye ari kimwe no kubura ubutabera cyangwa kutabutanga aho bukenewe.

Yavuze ko hari intambwe ikomeye yatewe, kandi ko atari ukubera imikorere myiza y’urwego rumwe gusa, ahubwo ni ubufatanye bw’inzego zose

Kagame yakomeje ati “Ndasaba rero ko ubutabera abantu bakwiye kubuzirikana, muri uyu mwaka dutangiye ndetse n’igihe cyose, mu minsi iri imbere.”

Yasabye inzego zose guhora zisuzuma ahari intege nke hakwiye gukosorwa, cyangwa ahari imbaraga zikwiye gutezwa imbere.

Yavuze ko kimwe no mu zindi nzego, hari ibikorwa byinshi bikorwa neza ariko hari na byinshi bikwiye gukosorwa bitagombye gutwara igihe kirekire.

Perezida Kagame yasabye inzego zose kurwanya akarengane
TAGGED:featuredMukamurenzi BeatricePaul KagameUbutabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abohererezanya Amafaranga Mu Ikoranabuhanga Baragirwa Inama
Next Article Umutekano n’Iterambere Ni Ibintu Bidasigana – Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?