Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakiriye Indahiro y’Umucamanza Mushya Mu Urukiko Rw’Ubujurire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Perezida Kagame Yakiriye Indahiro y’Umucamanza Mushya Mu Urukiko Rw’Ubujurire

admin
Last updated: 25 January 2022 3:54 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yakiriye indahiro y’umucamanza mushya mu Urukiko rw’Ubujurire, Mukamurenzi Beatrice, washyizwe muri uwo mwanya n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Ukuboza 2021.

Yari amaze igihe ari Umucamanza mu Urukiko Rukuru, ndetse yari mu nteko yaburanishije urubanza Ubushinjacyaha ruregamo ibyaha by’iterabwoba abantu 21 barimo Paul Rusesabagina, Nabimana Callixte alias Sankara n’abandi.

Perezida Kagame yavuze ko inshingano Mukamurenzi atangiye atari nshya kuri we, icyahindutse ni urwego yakoragamo mu bucamanza.

Ati “Sinshidikanya rero ko azubakira ku mirimo amaze igihe akora, agakomeza gukorera igihugu n’Abanyarwanda uko bikwiye. Izi nshingano ziraremereye mu by’ukuri, kuko ubutabera ari imwe mu nkingi z’ingenzi amajyambere yacu ashingiraho, n’amateka y’igihugu cyacu atwigisha byinshi.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

“Kimwe muri byo ni ukutihanganira kurebera akarengane gakorwa, ahubwo bikaba ngombwa ko dufata iya mbere tukarwanya ako karengane aho kaba kari kose, uwo kaba gakorerwa uwo ari we wese.”

Perezida Kagame yavuze ko kurwanya akarengane ari cyo abantu bose baharaniye guhera mu kwibohora.

Yakomeje ati “Ibyo byose bijyana n’indangagaciro na zo zacu, kudaceceka cyangwa ngo duterere iyo ahagaragaye ibikorwa bibi, tugomba kugira icyo dukora, ngira ngo nicyo ubutabera muri rusange bivuze.”

Perezida Kagame yavuze ko Urukiko rw’Ubujurire ari rumwe mu nzego zashyizweho kugirango imanza zihute, abanyarwanda babone ubutabera bidatinze.

Yashimangiye ko kudatanga ubutabera mu gihe gikwiye ari kimwe no kubura ubutabera cyangwa kutabutanga aho bukenewe.

- Advertisement -

Yavuze ko hari intambwe ikomeye yatewe, kandi ko atari ukubera imikorere myiza y’urwego rumwe gusa, ahubwo ni ubufatanye bw’inzego zose

Kagame yakomeje ati “Ndasaba rero ko ubutabera abantu bakwiye kubuzirikana, muri uyu mwaka dutangiye ndetse n’igihe cyose, mu minsi iri imbere.”

Yasabye inzego zose guhora zisuzuma ahari intege nke hakwiye gukosorwa, cyangwa ahari imbaraga zikwiye gutezwa imbere.

Yavuze ko kimwe no mu zindi nzego, hari ibikorwa byinshi bikorwa neza ariko hari na byinshi bikwiye gukosorwa bitagombye gutwara igihe kirekire.

Perezida Kagame yasabye inzego zose kurwanya akarengane
TAGGED:featuredMukamurenzi BeatricePaul KagameUbutabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abohererezanya Amafaranga Mu Ikoranabuhanga Baragirwa Inama
Next Article Umutekano n’Iterambere Ni Ibintu Bidasigana – Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?