Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakiriye Mugenzi We Uyobora Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yakiriye Mugenzi We Uyobora Centrafrique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 June 2023 6:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Faustin-Archange Touadéra  uyobora Repubulika ya Centrafrique ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.

Yaraye yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame baganira ku ngingo zirimo uko ibihugu byombi byakomeza gukorana.

Bisanzwe bikorana cyane cyane mu by’umutekano kuko u Rwanda rufite ingabo n’abapolisi muri kiriya gihugu.

Ku byerekeye ingabo, hari ingabo zoherejweyo mu rwego rw’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye ariko hari n’izindi zagiye yo mu rwego rw’ubufatanye bw’ibihugu byombi mu guhashya inyeshyamba zari zarabujije ubutegetsi bw’i Bangui amahwemo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uwari ukomeye  ni uw’umugabo witwa François Bozizé.

Taliki 06, Kanama, 2021 ubwo  Faustin-Archange Touadéra nabwo yasuraga u Rwanda, mugenzi we Paul Kagame yamubwiye ko kuzirikana amateka mabi ibihugu byombi byaciyemo, bizabifasha gukorana kugira ngo ‘byubake ejo heza.’

Hari mu gikorwa cyo kumwakira ku meza, cyitabiriwe n’abayobozi bakuru mu bihugu byombi.

Kagame yavuze ko ibihugu byombi bihuriye ku mateka mabi byaciyemo, ariko ko iki gihe ari icyo ‘gukorana’ kugira ngo amahoro arambye n’imibereho myiza y’abaturage b’ibihugu byombi biboneke kandi mu buryo burambye.

Yamwijeje ko u Rwanda ruzakomeza kuba hafi abanya Centrafrique ariko nabo bagafatanya n’Abanyarwanda mu nzego zigamije kubateza imbere.

- Advertisement -

Taarifa ntiramenya ibikubiye muri gahunda ya Perezida Touadéra kuri iyi nshuro, ariko buri nshuro uko yazaga mu Rwanda yahaga abanyamakuru ikiganiro, akabikora ari kumwe na Perezida Kagame.

TAGGED:AbaturagefeaturedIngaboKagamePerezidaTouaderaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwigana Imitungo Mu By’Ubwenge Biracyari Ikibazo- Umuyobozi Muri RDB
Next Article Amafoto: Gen Kabarebe Yasuye Ingabo Z’u Rwanda Muri Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?