Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakoranyije Inama Idasanzwe Kuri COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Politiki

Perezida Kagame Yakoranyije Inama Idasanzwe Kuri COVID-19

admin
Last updated: 21 June 2021 7:02 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yayoboye inama y’abaminisitiri idasanzwe, isuzumira hamwe ingingo zirimo ingamba nshya zo kurwanya Covid-19 mu gihugu.

Ni inama ibaye mu gihe ubwandu bushya bwa Covid-19 bukomeje kwiyongera.

Inama iheruka yabaye ku wa 12 Kamena 2021, ifata ibyemezo birimo ko ingendo zemewe hagati ya saa kumi za mugitondo na saa tatu z’ijoro, mu gihe zarangiraga saa yine.

Ni amabwiriza ariko atarabasha gukemura ikibazo kuko iyo nama yabaye hamaze kwandura abantu 28,146 none kuri iki Cyumweru bari bamaze kuba 30,813. Bivuze ko mu minsi umunani yonyine handuye ahantu 2,667. Abapfuye nabo biyongereyeho 12, bava kuri 370 bagera kuri 382.

Byitezwe ko ingamba zisanzwe ziza gukazwa. Ibyemezo bikomeye kurusha ibindi birimo kwemeza ko ingendo zihuza Kigali n’utundi turere zitemewe cyangwa abantu bagasabwa kuguma mu ngo.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel aheruka kuvuga ko mu byazamuye ubwandu bushya harimo kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda, cyane cyane ahahurira abantu benshi nko mu masoko.

Harimo kandi urujya n’uruza rw’abantu bambutse imipaka ubwo ikirunga cya Nyiragongo cyo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyarukaga, kimwe n’izamuka ry’ubwandu bwa COVID-19 muri Uganda.

Muri izo mpamvu harimo n’ubwandu bwa COVID-19 mu mashuri.

Icyo gihe Minisitiri Ngamije yavuze ko ubwandu mu Rwanda bugeze hafi ku bantu 20/100.000, mu gihe iyo urenze 20-50/100.000, icyorezo kiba gutangiye gufata ibtera ariko bitarakara.

Mu kwezi kwa munani umwaka ushize ubwandu bwageze ku bantu 75/100.000, naho muri Mutarama uyu mwaka ubwo habaga guma mu rugo bwari bugeze ku bantu 120/100.000.

Mu ngamba ziheruka gushyirwaho kandi harimo ko Akarere ka Rubavu kashyizwe muri Guma Mu Karere, mu gihe ibice cyane cyane bikora kuri Uganda ingendo zisozwa saa moya z’ijoro.

TAGGED:COVID-19featuredPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda ‘Rurahabwa Amahirwe’ Yo Kubakwamo Uruganda Rukora Inkingo Za COVID
Next Article COVID-19: Saa Moya Na Guma Mu Karere Byagarutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?