Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakoranyije Inama Idasanzwe Kuri COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19Politiki

Perezida Kagame Yakoranyije Inama Idasanzwe Kuri COVID-19

admin
Last updated: 21 June 2021 7:02 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yayoboye inama y’abaminisitiri idasanzwe, isuzumira hamwe ingingo zirimo ingamba nshya zo kurwanya Covid-19 mu gihugu.

Ni inama ibaye mu gihe ubwandu bushya bwa Covid-19 bukomeje kwiyongera.

Inama iheruka yabaye ku wa 12 Kamena 2021, ifata ibyemezo birimo ko ingendo zemewe hagati ya saa kumi za mugitondo na saa tatu z’ijoro, mu gihe zarangiraga saa yine.

Ni amabwiriza ariko atarabasha gukemura ikibazo kuko iyo nama yabaye hamaze kwandura abantu 28,146 none kuri iki Cyumweru bari bamaze kuba 30,813. Bivuze ko mu minsi umunani yonyine handuye ahantu 2,667. Abapfuye nabo biyongereyeho 12, bava kuri 370 bagera kuri 382.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Byitezwe ko ingamba zisanzwe ziza gukazwa. Ibyemezo bikomeye kurusha ibindi birimo kwemeza ko ingendo zihuza Kigali n’utundi turere zitemewe cyangwa abantu bagasabwa kuguma mu ngo.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel aheruka kuvuga ko mu byazamuye ubwandu bushya harimo kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda, cyane cyane ahahurira abantu benshi nko mu masoko.

Harimo kandi urujya n’uruza rw’abantu bambutse imipaka ubwo ikirunga cya Nyiragongo cyo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyarukaga, kimwe n’izamuka ry’ubwandu bwa COVID-19 muri Uganda.

Muri izo mpamvu harimo n’ubwandu bwa COVID-19 mu mashuri.

Icyo gihe Minisitiri Ngamije yavuze ko ubwandu mu Rwanda bugeze hafi ku bantu 20/100.000, mu gihe iyo urenze 20-50/100.000, icyorezo kiba gutangiye gufata ibtera ariko bitarakara.

- Advertisement -

Mu kwezi kwa munani umwaka ushize ubwandu bwageze ku bantu 75/100.000, naho muri Mutarama uyu mwaka ubwo habaga guma mu rugo bwari bugeze ku bantu 120/100.000.

Mu ngamba ziheruka gushyirwaho kandi harimo ko Akarere ka Rubavu kashyizwe muri Guma Mu Karere, mu gihe ibice cyane cyane bikora kuri Uganda ingendo zisozwa saa moya z’ijoro.

TAGGED:COVID-19featuredPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda ‘Rurahabwa Amahirwe’ Yo Kubakwamo Uruganda Rukora Inkingo Za COVID
Next Article COVID-19: Saa Moya Na Guma Mu Karere Byagarutse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?