Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yakoranyije Inama Ngishwanama Ye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yakoranyije Inama Ngishwanama Ye

Last updated: 17 August 2021 5:15 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yayoboye inama y’Inama Ngishwanama ya Perezida (Presidential Advisory Council, PAC), yibanze ku ngingo zirimo icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugira ingaruka ku buzima bw’abantu n’ubw’igihugu.

Ni inama ubundi yajyaga iba muri Mata na Nzeri buri mwaka.

Yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, ihuriza hamwe “impuguke zo mu Rwanda no mu mahanga, zigira inama Perezida na Guverinoma” nk’uko ibiro by’Umukuru w’igihugu byabitangaje.

Bamwe mu bitabiriye iyo nama barimo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, Louise Mushikiwabo, Pasiteri Rick Warren, Umunyamerika Michael Fairbanks uri mu bajyanama ba Perezida Kagame guhera mu 2001, Kaia Miller, Ashish Takkar nyiri Mara Phones, Joseph Ritchie wayoboye RDB n’abandi.

Mu bayobozi bo mu Rwanda bitabiriye iyi nama harimo ba Minisitiri Dr Daniel Ngamije, Gatete Claver, Vincent Biruta na Beata Habyarimana, Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda John Rwangombwa, Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz, Francis Gatare na Musenyeri John Rucyahana uyobora Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge.

Mu nama yabereye i New York mu 2019, Perezida Kagame yashimiye abagize iyi Nama Ngishwanama bagumye ku Rwanda no mu bihe amahanga yari akomeje kurutega iminsi. Yavuze ko umuhate wabo atari impfabusa.

Ati “Ntabwo turagera aho dushaka kugera nk’uko twese tubizi, ariko hari intambwe twateye. Ndabizi ko benshi muri mwe musura igihugu cyacu ntimugume muri Kigali gusa, musura n’ibyaro mukaganira n’abaturage mureba aho inkunga yanyu igejeje igihugu.”

Yabashimiye ku musanzu batanze mu gutuma izina ry’u Rwanda rikomera imbere mu gihugu no mu mahanga.

Inama Ngishwanama ya Perezida yatangiye ku wa 26 Nzeri 2007.

Inama ya mbere yabereye i New York, ubwo Perezida Kagame yari yitabiriye Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye na Clinton Global Initiative.

Iyi nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga
TAGGED:featuredJohn RucyahanaPaul KagamePresidential Advisory CouncilRick Warren
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yahaye u Rwanda Inkingo Ibihumbi 490 Za Pfizer
Next Article Ubuhemu Bwa Bamwe Mu Banyarwanda Baba Muri Leta Yiyunze Y’Abarabu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?